Mu gihe Abanyarwanda bitegura kwizihiza Umunsi w’Umuganura ku wa 7 Kanama 2026, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) irasaba abaturage gukomeza kwimakaza indangagaciro zubaka igihugu no kwirinda imyitwarire ishobora kubangamira ubuzima n’iterambere.
Ubu butumwa bwatanzwe mbere y’Umuganura, bwibanda cyane ku rubyiruko, busaba ko rwirinda ibikorwa birimo ubusinzi, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, uburumbo, uburaya n’izindi ngeso zishobora gutesha umuntu agaciro no kudindiza iterambere rye n’iry’Igihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yavuze ko Umuganura udakwiye gufatwa nk’umunsi wo kwishimira umusaruro gusa, ahubwo ko ari n’umwanya wo gusubiza amaso inyuma no kongera kwiyemeza kurinda ibyo igihugu kimaze kugeraho.
Yagize ati: “Nta Munyarwanda n’umwe udakwiye kwishimira ibyiza twagezeho tubyigejejeho. Ariko kunezezwa n’umusaruro bisaba kureba icyatuma tudasubira inyuma, kuko abakora ari abazima n’abakomeye.”
Yakomeje agaragaza ko hari imyitwarire ikomeje guteza impungenge, cyane cyane ikoreshwa ry’inzoga z’inkorano, ubusinzi mu rubyiruko, ibiyobyabwenge n’ibindi bikorwa bihungabanya imibereho myiza, asaba buri Munyarwanda kugira uruhare mu kubikumira.
Minisitiri yasabye abakobwa kurangwa n’ubupfura, kwigirira icyizere no kubaka ejo hazaza habo birinda ibikorwa bishobora kubatesha agaciro cyangwa kubangamira amahirwe bafite yo gutera imbere. Yanibukije abasore gukomeza kuba inyangamugayo no kurinda ubuzima bwabo, kuko ari bwo shingiro ryo gutanga umusanzu mu iterambere ry’Igihugu.
Mu butumwa bwe bwo gusoza, yongeye gushishikariza Abanyarwanda bose guharanira ubuzima buzira umuze, bakarwanya ubusinzi, ibiyobyabwenge, ukwiyandarika n’izindi ngeso mbi, agaragaza ko abaturage bafite ubuzima bwiza ari bo musingi w’umuryango ukomeye n’iterambere rirambye.
Umuganura ni umwe mu minsi mikuru y’umuco nyarwanda ugaragaza agaciro k’umurimo, gusangira umusaruro no kwishimira ibyo abaturage bagezeho. Muri uyu mwaka wa 2026, ibirori byo ku rwego rw’Igihugu biteganyijwe kubera mu Karere ka Rusizi, mu gihe bizizihirizwa no hirya no hino mu gihugu ku rwego rw’imidugudu.

Abanyarwanda basabwe kwirinda ingeso mbi ndetse n’ibinyobwa byangiza ubuzima ku munsi w’umuganura




























































































































































































