Panorama Sports
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yakuyeho ibihano yari yarafatiye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroon (FECAFOOT), Samuel Eto’o Fils, nyuma y’ubujurire bwe ku myanzuro yari yafashwe bitewe n’imyitwarire yagaragaje mu gikombe cya Afurika.
Samuel Eto’o Fils yari yarahanishijwe guhagarikwa imikino ine ndetse ategekwa no kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 20 (20,000 USD), nyuma y’ibyabereye ku mukino wa ¼ cy’Igikombe cya Afurika wahuje Cameroon na Maroc wabaye ku wa 9 Mutarama.
CAF yari yagaragaje ko ibyo bihano byaturutse ku myitwarire idakwiye yagaragajwe na Eto’o, aho yagaragaye arakariye ndetse anakankamira Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Maroc (FRMF), Fouzi Lekjaa.
Nyuma yo gusuzuma ubujurire bwe, CAF yafashe umwanzuro wo gukuraho ibyo bihano, bituma Eto’o adakomeza guhagarikwa imikino ine ndetse akanavanirwaho ihazabu yari yaraciwe.
Icyemezo cyo gukuraho ibi bihano gisubije Samuel Eto’o Fils uburenganzira bwe bwose bwo gukomeza ibikorwa bye nk’Umuyobozi wa FECAFOOT, mu gihe CAF itaratangaza andi makuru arambuye ku mpamvu zashingiweho mu guhindura uwo mwanzuro.




























































































































































































