Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Nyamasheke: Urubyiruko rwibumbiye muri YURI rukomeje gutanga umusanzu mu kubaka igihugu

Urubyiruko rwa YURI mu muganda udasanzwe mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke.

Urubyiruko rwibumbiye mu muryango nyarwanda utegamiye kuri Leta uhuza urubyiruko rutanga imbaraga mu kwesa imihigo y’uturere (YURI: Youth Unit Rwanda Imihigo), mu karere ka Nyamashe, ku wa gatandatu tariki ya 13 Ukwakira 2018, bakoze umuganda udasanzwe urimo kubakira umuturage utishoboye no gutunganya umuhanda.

Iki gikorwa cyateguwe n’urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke rwibumbiye muri YURI ishami rya Nyamasheke ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, kugira ngo bakomeze gutanga umusanzu wabo mu kubaka igihugu.

Umuganda wakorewe mu kagari ka Rwesero, Umurenge wa Kagano, Akarere ka Nyamasheke mu ntara y’Iburengerazuba. Kitabiriwe kandi n’abayobozi b’utugari twa Shara na Ninzi, n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, n’urubyiruko rwaturutse mu mirenge ya Kanjongo, Karambi na Mahembe.

Umuhuzabikorwa wa YURI mu karere ka Nyamasheke, Nsengiyumva Emmanuel, mu kiganiro n’Ikinyamakuru Panorama, yatubwiye ko uwo muganda bawukoze basukura inzira z’amazi ku muhanda munini aherekeye hafi y’urugengero rw’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, bubakira umuturage utishoboye utuye mu mudugudu wa Kavune, Akagari ka Ninzi, Umurenge wa Kagano.

Agira ati “Twakoresheje amaboko yacu mu gutanga umusanzu mu kubaka igihugu no gufasha abaturage mu guhangana n’ibibazo bibangamiye ubuzima bwabo. Mu gikorwa cyo kubaka, abazi kubaka nibo twifashishije, abandi batunda amatafari, hari abavomaga ndetse n’abateruraga ibindi bikoresho bikenewe.”

Nsengiyuma akomeza avuga ko ibikorwa bitarangiriye aho kuko bazakomeza gutanga umusanzu wabo mu bikorwa bigamije iterambere ry’Abanyarwanda n’igihugu muri rusange. Agira ati “Turateganya gukomeza kwigisha urubyiruko umuco wo gukorera igihugu nta kiguzi, bikajyana no kubibutsako twese turi abanyarwanda binyuze muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda. Bizakorerwa cyane mu mashuri yisumbuye na kaminuza. Ariko kandi tuzakomeza n’ubundi gukora n’ibikorwa by’amaboko mu rwego rwo gukomeza kwishakamo ibisubizo, kuko nitwe baragwa b’igihugu cyacu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyonzima Jacques, yabwiye urubyiruko rwitabiriye umuganda udasanzwe ko yashimishijwe n’ubushake ndetse n’ubutwari bafite bwo gukorera igihugu. Agira ati “Nimwe igihugu gikeneye nk’urubyiruko rwiha intego yo gukora ibikorwa biteza imbere igihugu.”

Ibikorwa by’uwo muganda udasanzwe byasojwe n’ubusabane bwahuje urubyiruko rwibumbiye muri YURI n’abayobozi b’inzego z’ibanze bifatanyije na bo uwo munsi.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities