Serivisi zo kwita ku barwayi ba Ebola mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zahungabanye nyuma y’aho abaganga n’abaforomo bahagaritse akazi basaba guhembwa imishahara bavuga ko bamaze amezi menshi bategereje.
Iyi myigaragambyo yatangiye kuri uyu wa 25 Nyakanga 2026 mu mujyi wa Bunia, aho bamwe mu bakozi bo mu rwego rw’ubuzima banafunze imihanda igana ku mavuriro bakoresheje amapine yatwitswe, bagaragaza ko batagishoboye gukomeza gukora badahembwa.
Abigaragambya bavuga ko bamaze igihe kinini bakorera mu bihe bikomeye birimo guhangana n’icyorezo cya Ebola, ariko bakaba badahembwa kandi bakabura n’ibikoresho bihagije byo kwirinda no kuvura abarwayi. Basaba Leta ya RDC kwihutira kubishyura no kunoza imibereho yabo kugira ngo basubukure akazi.
Iyi myigaragambyo yatumye abarwayi ba Ebola n’abakekwaho kuyandura batabona ubuvuzi bwihuse, ibintu byateje impungenge ko iki cyorezo gishobora gukomeza gukwirakwira muri Ituri, imwe mu ntara zikomeje kwibasirwa cyane na Ebola.
Minisiteri y’Ubuzima muri RDC ivuga ko kugeza ku wa 21 Nyakanga 2026, abantu 2,536 bari bamaze kwandura Ebola kuva icyorezo cyatangira, muri bo 1,033 barapfuye, mu gihe 506 bakize.
Abasesenguzi mu rwego rw’ubuzima bagaragaza ko gukomeza guhagarara kwa serivisi z’abita ku barwayi bishobora kudindiza urugamba rwo kurwanya Ebola, bityo bagasaba ko impande zombi zashaka igisubizo cyihuse kugira ngo ibikorwa by’ubuvuzi bisubukurwe.

I Bunia abaganga bavura abarwayi ba Ebola bari gukora imyigaragambyo batwika amapine kibera kutishyurwa























































































































































































