Abakobwa batandatu n’umuhungu umwe baregwa kwangiza imyanya y’ibanga ya mugenzi wabo witwa Sandrine, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwabakatiye gufungwa imyaka 25 no gutanga ihazabu ya miliyoni zigera hafi kuri enye n’igice z’amafaranga y’u Rwanda (4.470.425Frw).
Urukiko kandi rwategetse ko telefoni esheshatu za bariya bakobwa zitezwa cyamunara amafaranga avuyemo agashyirwa mu isanduku ya Leta.
Abaregwa nta n’umwe wari uri mu rukiko, kimwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’abunganira abaregwa mu mategeko na bo ntibitabiriye isomwa ry’uru rubanza.
Abitabiriye isomwa ry’uru rubanza rwakunze kwitabirwa n’abantu benshi dore ko rwabereye mu ruhame ku Kimisagara, bari bake biganjemo abo muryango wa Zaina uvugwaho kuyobora ibikorwa bigize kiriya cyaha.
Umunyamakuru w’Umuseke dukesha iyi nkuru witabiriye isomwa ry’uru rubanza, yavuze ko kimwe n’ahandi hose mu gihugu nta bantu benshi baje mu isomwa ry’uru rubanza kubera icyorezo cya Koronavirusi (Coronavirus) cyizwe COVID-19.
Abitabiriye isomwa ry’urubanza bari hagati ya 10 na 15 barimo batanu bo mu muryango wa Zaina.
Ubwo bitabaga urukiko ku munsi wa mbere bose bahakanye icyaha cy’ubwinjiracyaha mu bwicanyi. Icyo gihe umucamanza yavuze ko urubanza rwaburanishijwe mu mizi kuko abaregwa bose bafatiwe mu cyuho.
Abunganira abaregwa basabye Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kwiyambura ububasha abaregwa bakaburanira mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge kuko uwahohotewe yakubiswe byoroheje. Banavuga ko uwakubiswe nta bumuga byamuteye, ndetse ko atapfuye.
Mu gihe cy’ibiranisha, Umucamanza yumvishe impande zombi avuga ko urubanza ruzasomwa ku wa 16/03/2020 saa saba z’amanywa ariko rwaje gusubikwa rusomwa ku itariki ya 17 Werurwe 2020 saa mbiri za mu gitondo.
Ubwanditsi














































































































































































