Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Inama z’ingenzi k’uwanduye COVID-19

Nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’ubuzima, abantu benshi banduye COVID-19 bakunze kugaraza ibimenyetso byoroheje, bashobora gukurikiranwa bari mu rugo. Dore inama z’ingenzi uramutse umenye ko wanduye COVID-19.

  1. Niba usanze waranduye, wikuka umutima, guma mu rugo kandi wishyire mu kato ntiwegere abandi mubana cyane cyane abashobora kuzahazwa n;iyi ndwara; irinde gusurwa igihe wishyize mu kato; hagarika gahunda zose wari ufite kugeza igihe uzakirira.
  2. Niba uvuye kwa muganga kwipimisha bagasanga ufite COVID-19, ugomba guhita utaha vuba na bwangu ukitwararika aho unyura hose: wmbara agapfukamunwa, wubahiriza intera ya metero 1, ukaraba intoki kenshi, kandi ugomba gusukura ahantu hose wakoze kugira ngo utanduza abo muhura.
  3. Abantu bose mubana bagomba kwipimisha COVID-19 ku ivuriro ribegereye.
  4. Abo mu bana mu rugo bagomba kubahiriza batajenjetse amabwiriza yo kwirinda COVID-19 (kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera no gukaraba intoki kenshi.)
  5. 5.Itsinda rishinzwe kurwanya COVID-19 ryavuguruye ikoranabuhanga ribafasha gukurikirana abarwayi bakoresheje uburyo bugezweho nka Weltel, kandi turabizeza ko muzakurikiranwa n’itsinda rishinzwe kurwanya iki cyorezo kugira ngo mushobore gukira vuba COVID-19.
  6. Gerageza kugira ibyiyunviro byiza, uhugire ku bikorwa bikunezeza nko gusoma ibitabo no kumva radiyo. Nubwo igihe uri mu kato udashobora guhura n’abandi imbonankubone ushobora guhura nabo ukoresheje ikoranabuhanga ufite hafi yawe.
  7. Nyuma y’iminsi 14 uri mu rugo, wemerewe gusohoka. Itsinda ry’abaganga rizagufasha kumenya ivuriro rikwegereye (irya Leta cyangwa iryigenga) kugira ngo bagukorere ikizamini cyo kureba niba warakize.

Uko uzavurwa

  1. Ushobora gufata imiti ivura ibicurane kugira ngo uhangane n’ibimenyetso byoroheje nka parasetamolo, vitamine C, imiti yo kugabanya ibibazo byo mu muhogo nka (strepsils losanges), imiti irwanya indwara zifata mu mazuru (umuti w’amazi wa payidotere n’indi miti) hamwe n’inkorora (umuti w’amazi wa broncalene, ascoril n’indi).
  2. Ugomba gukurikiza amabwiriza y’umuganga wakuvuye cyangwa umufarumasiye
  3. Abaganga bakuvura bashobora kukwandikira antibiyotike cyangwa ibinini bya augmentin kugira ngo bakuvure niba ufite umuriro udakira cyangwa se niba ufite impungenge ko ushobora kurwara “umusonga”.

Biracyakomeza…

1 Comment

1 Comment

  1. Darlia

    January 15, 2021 at 10:56

    Murakoze,
    gusa mukurikirane amavuriro yigenga niba bafite ibkoresho bihagije kuko haraho nabonye umuntu asohoka binjiza undi kandi bamusanzemo covid!! Nkibaza nti ubuse ibise byo ntibyakwirakwiza covid!!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities