Abana 20 b’ingagi zo mu misozi miremire y’ibirunga ku wa 2 Nzeri 2022, biswe amazina na bamwe mu byamamare mu mikino, muzika, filimi, kubungabunga ibidukikije…mu muhango wabereye mu Kinigi mu Rwanda.
Izo ngagi zahawe amazina zavutse kuva mu mpera z’umwaka ushize no mu ntangiriro z’uyu wa 2022.
Igikorwa cyo kuzita amazina kigamije kurengera izi nyamaswa no guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda, urwego rwinjiriza amadevize menshi leta y’u Rwanda.
Claire Akamanzi, Umukuru w’ikigo gishinzwe iterambere, RDB, ari nacyo gishinzwe ubukerarugendo yavuze ko uru rwego rumaze kuzamukaho 80% kubyo rwinjiza ugereranyije n’uko byari bimeze mbere ya COVID -19.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Edouard Ngirente, wari umushyitsi mukuru, yashimiye abatumiwe kwita amazina abo bana b’ingagi, abasaba gushyigikira umuhate wo kubungabunga izi nyamaswa.
Ni umuhango ngarukamwaka ubaye ku nshuro ya 18, nibwo bwa mbere ubaye abantu bakoranye kuva COVID-19 yatera.
Kuva iki gikorwa cyatangira mu myaka 17 ishize, abashinzwe ubukerarugendo bavuga ko ingagi zirenga 350 zahawe amazina.
Ubwuzuzanye: ryatanzwe n’iIgikomangoma Charles cy’u Bwongereza, kuri video
Imararungu: ryatanzwe na Uzo Aduba, umukinnyi w’amafilime
Igicumbi: Dr Evan Antin umuganga w’inyamaswa n’umunyamakuru kuri Televiziyo
Indangagaciro: Neri Bukspan uyobora Standard & Poor’s Credit Market Service
Ubwitange: Dr Cindy Descalzi Pereira, rwiyemezamirimo
Ishami: Didier Drogba wahoze akinira Chelsea FC
Intare: Itzhak Fisher umukuru w’inama y’ubutegetsi ya RDB
Muganga Mwiza (mu kuzirikana Dr Paul Farmer): Laurene Powell Jobs washinze ikigo Emerson Collective akaba n’umugore wa nyakwigendera Steve Jobs
Baho: Dr Frank I. Luntz perezida wa Luntz Global
Nyirindekwe: Sterwart Maginnis wungirije umukuru w’umuryango mpuzamahanga wita ku bidukikije
Ruragendwa: Thomas Milz umutegetsi muri Volkswagen Group South Africa & Sub-Saharan Africa
Kwibohora: Salima Mukansanga umusifuzi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru
Turikumwe: Louise Mushikiwabo umunyamabanga mukuru (OIF) –
Ihuriro: Youssou N’Dour icyamamare muri muzika wo muri Senegal
Imbaduko: Naomi Schiff icyamamare mu masiganwa y’imodoka wo mu Bubiligi
Indatezuka: Kaddu Sebunya umukruu w’Umuryango nyafurika ubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima
Impanda: Gilberto Silva: Uwahoze akinira ikipe ya Arsenal
Kwisanga: Sauti Sol itsinda ry’abanyamuziki ryo muri Kenya
Ikuzo: Juan Pablo Sorin uwahoze akinira Paris Saint –Germain
Kwanda: Moses Turahirwa umunyamideli washinze inzu y’imideri ya Moshions
Ubusugire: Sir Ian Clark Wood, umukuru wa The Wood Foundation.
Gaston Rwaka









































































































































































