Panorama Sports
Muhire Kevin, wamaze gutandukana na Rayon Sports nyuma yo gusoza amasezerano ye yamaze kwerekeza mu ikipe yitwa Jamus FC yo mu icyiciro cya mbere muri Sudani y’Epfo.
Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 12 Kamena 2025, ni bwo Jamus SC yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga isaba abakunzi bayo kwakirana yombi Muhire Kevin.
Iyi kipe yabivuze igira iti“Turabatumiye mwese muze twakire icyamamare Muhire Kevin, umukinnyi w’umunyempano ukina mu kibuga hagati uvuye mu Rwanda. Tumwereke ko tumushyigikiye ndetse tumuhe ikaze.”
Muhire Kevin yagaragaye ari mu ndege muri iki gitondo cya tariki ya 13 Kamena 2025 ,yerekeje muri iyi kipe yatwaye igikombe cya Shampiyona ya Sudani y’Epfo umwaka ushize.
Biravugwa ko uyu mukinnyi agiye kujya ahembwa 3.500 by’Amadorali ya Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Muhire w’imyaka 26, aragera muri Sudani y’Epfo nyuma yo kurangiza amasezerano ye muri Rayon Sports. Ni amasezerano yarangiye ayifashije gusoreza ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona no mu Gikombe cy’Amahoro.
Si ubwa mbere Muhire agiye gukina hanze y’u Rwanda kuko yakiniye amakipe nka El Makasa, El Dakhlia, Talaea El Gaish, Saham Club na Al-Yarmouk SC.














































































































































































