Kugeza ubwo iyi nkuru yasohokaga, nibura abantu 31 nibo bari bamaze kubarurwa ko bishwe no guturika kw’igisasu kwabereye mu musigiti w’Abashiya (Shia) uri mu murwa mukuru wa Pakisitani, Islamabad, nk’uko abayobozi babitangaje.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Islamabad avuga ko abandi bantu 169 bakomeretse.
Iki gitero cyabereye mu gace ka Tarlai mu mujyi, kandi polisi ivuga ko cyakozwe n’umwiyahuzi witwaje igisasu, cyabaye mu gihe abantu bari bateraniye mu isengesho ryo ku wa Gatanu.
Abatangabuhamya bavuga ko bumvise amasasu, umwe muri bo avuga ko habanje kuba imirwano hagati y’uwarashe n’abarinzi b’umusigiti mbere y’uko igisasu giturika.
Perezida wa Pakisitani yavuze ko “kwibasira abasivili b’inzirakarengane ari icyaha cyibasira inyokomuntu.”
Afghanistan yamaganye icyo gitero.
Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Afghanistan iyobowe n’Abatalibani yatangaje ko igihugu cyabo cyamaganye bikomeye icyo gitero.
Uyu muvugizi, Abdul Qahar Balkhi, yanditse ku rubuga X ko Guverinoma yabo ifata ibi bitero nk’ibikorwa bihabanye n’indangagaciro za Islam n’iz’ubumuntu.
Yongeyeho ko bihanganishe ababuze ababo, anifuriza abakomeretse gukira vuba.
Mu butumwa yashyize kuri X, Minisitiri w’ingabo wa Pakisitani yavuze ko uwakoze igitero cyo kuri uyu munsi ku musigiti w’Abashiya mu murwa mukuru byemejwe ko yajyaga ava muri Afghanistan.
Yanashinje Ubuhinde gukoresha indi mitwe mu kugaba ibitero kuri Pakisitani.
Uyu Minisitiri ntiyatanze ibimenyetso cyangwa ibisobanuro birambuye bihamya isano y’igitero cyo kuri uyu munsi n’ibi bihugu byombi.
Ipereza rya polisi ryo rirakomeje.
Umubano hagati ya Pakisitani n’Abatalibani ba Afghanistan wazambye cyane guhera mu gihe cy’itumba ry’umwaka ushize.
Pakisitani ishinja Guverinoma y’Abatalibani kwakira no gucumbikira imitwe y’abarwanyi iyigabaho, ibyo Abatalibani bahakana ku mugaragaro.
Nk’uko imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) ibigaragaza, Pakisitani yohereje mu gihugu cya Afghanistan abarenga miliyoni imwe b’Abanyafghan mu mwaka ushize, kandi umupaka uhuza ibi bihugu byombi warafunzwe.













































































































































































