Jackson Kwizera
- Kenya, Tanzania na Uganda bishobora kutazaba byiteguye ku gihe.
- Hari impungenge ko Maroc ishobora kwikura mu kwakira igikombe cya Afurika cy’abagore.
Igikombe cya Afurika (AFCON) giteganyijwe mu mwaka utaha gishobora kwigizwa inyuma kugeza mu mwaka wa 2028 bitewe n’ugushidikanya ku myiteguro ya Kenya, Tanzania na Uganda byari kwakira iri rushanwa. Ibi nibiramuka bibaye, bishobora gutuma Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) isiba imwe mu nshuro iri rushanwa rikomeye ryagombaga kubaho.
Ikinyamakuru The Guardian cyamenye ko Komite Nyobozi ya CAF iziga kuri uyu mushinga igihe izaba ihuriye muri Dar es Salaam kuri uyu wa Gatanu. Ikindi kizigirwaho ni ukwikura kwa Maroc mu kwakira igikombe cya Afurika cy’abagore (WAFCON) cyagombaga gutangira mu kwezi gutaha.
Mu cyumweru gishize, Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, yatangaje ko AFCON izajya iba rimwe mu myaka ine aho kuba ibiri kuva mu mwaka wa 2028. Yavuze ko irushanwa rya 2027 rizabera muri Kenya, Tanzania na Uganda, mu gihe irya 2029 ryo ryari ryimuriwe mu 2028.
Nubwo hari amakuru avuga ko Afurika y’Epfo na Botswana byaba byifuza gufatanya kwakira irushanwa ryo mu 2028, hari icyizere gikomeye ko irya 2027 rizigizwa inyuma ho amezi 12.
Dukurikije amakuru aturuka muri Komite Nyobozi (ExCom), hari impungenge zikomeye ku bikorwaremezo muri Kenya, Tanzania na Uganda, ndetse n’ubushobozi bwabyo bwo kwakira irushanwa ririmo amakipe 24 ryari gukwirakwizwa mu mijyi 10. Muri Kanama, habonetse ibibazo birimo itangwa ry’amatike n’ingamba z’umutekano ku bibuga byo muri ibi bihugu byakiriye irushanwa rya CHAN (irushanwa ry’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo).
Hari n’ikibazo cyo kubona umwanya mu ngengabihe mpuzamahanga yo gukina imikino yo gushaka itike yo kwerekeza muri AFCON, kuko hari amakipe 10 ya Afurika ashobora kuzaba ari mu gikombe cy’isi cy’iyi mpeshyi. CAF ntacyo ni yigeze ivuga kuri aya makuru.
Kwimura iri rushanwa byatuma risiba rimwe mu yagombaga kuba, harimo n’iryo mu 2028, Etiyopiya yari yagaragaje ko ishaka kwakira ihanganye na Afurika y’Epfo na Botswana. Ibi byaha CAF umwanya wo gutangiza umushinga wayo mushya wa “African Nations League” mu 2029, ishaka ko yasimbura AFCON na CHAN nk’isoko.
Hari urujijo ku gikombe cya Afurika cy’abagore (WAFCON) kigomba gutangira ku wa 17 Werurwe, nyuma y’uko Afurika y’Epfo ivuze ko yiteguye kwakira iri rushanwa niba bishoboka nyuma y’aho Maroc igaragarije ko itagishoboye kuritegura. Kugeza ubu, havugwa ko ishyirahamwe rya Maroc cyangwa CAF ntibarabyemeza, ariko umwanzuro utegerejwe mu nama ya komite nyobozi yo kuri uyu wa Gatanu.
Biteganyijwe kandi ko nibura umwe mu bagize komite nyobozi azabaza impamvu Umunyamabanga Mukuru wa CAF, Véron Mosengo-Omba, agifite uyu mwanya kandi yaragejeje imyaka y’izabukuru nk’uko amategeko ya CAF abigenga.













































































































































































