Abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bamaze kugwa mu mirwano iki gihugu kiri kurwana na Irani wageze kuri batandatu. Hari amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Militarytimes.com kivuga ko hari abandi basirikare 18 bakomeretse bikomeye.
Urwego rushinzwe ibikorwa bya gisirikare bya Amerika mu Burayi no mu Burasirazuba bwo Hagati, ruzwi nka United States Central Command (CENTCOM) nirwo rwatangaje ko hari abasirikare batandatu ba Amerika bishwe n’ibisasu bya Irani kuva mu mpera z’Icyumweru gishize ubwo intambara yatangiraga.
Abatangaje ibyo bavuga ko ingabo za Amerika zabonye imibiri y’abasirikare babiri bari baburiwe irengero biyongera ku bandi bane bari baratabarutse, bayikuye mu nyubako yagabweho igitero ubwo urugamba rwahinanaga rugikubita.
Ingabo za Amerika kandi zivuga ko ibikorwa bye gisirikare bigikomeje kandi ko izi ngabo ziri gutegura ibitero bya simusiga kuri Irani.
Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio yavuze ko ibitero biri imbere ari byo bikomeye kandi ko muri Irani ingoma zigomba guhindura imirishyo byanze bikunze.
Amakimbirane hagati y’ibi bihugu amaze imyaka myinshi kuko yatangiye mu mwaka wa 1980.
Ku bufatanye na Leta zunze z’Amerika na Israel, Irani yashyizwe mu kato k’igihe kirekire, ibura aho igurisha petelori, irakena cyane ku buryo idolari 1($) rivunjwa arenga Miliyoni y’amafaranga akoreshwa muri Irani bita Rial.
Washington na Yeruzalemu bayiziza ko iteza imbere ingufu za nikileyeri, bagakeka ko yazazikoramo igisasu cya kirimbuzi cyazashegesha Israel, igihugu kiyifata nk’umwanzi gica.
Irani ishinjwa kandi gushyigikira imitwe yitwaje intwaro mu karere irimo Hezbollah, Hamas n’aba Houthis bo muri Yemen.
Ibikorwa bya CENTCOM bikunze gukorerwa mu bihugu nka Irak, Siriya, n’ahandi muri ako karere, aho Amerika ifite ibirindiro bya gisirikare.











































































































































































