Umunyarwanda witwa Khalifan w’imyaka 17 ari mu Burayi aho azerekanira ko ashoboye hanyuma agashyirwa mu ikipe y’abato ya Manchester United.
Iyo kipe ikinwamo n’abatagerengeje imyaka 19 y’amavuko, bagatozwa kuzavamo abakinnyi beza ku rwego mpuzamahanga.
Kugira ngo ibye bigere kuri uru rwego, byatewe n’uko yatorejwe mu irerero ryitwa Inspire Star Academy Rwanda rifasha abato kumenya uko umupira w’amaguru ukinwa.
Si Khalifan wenyine wagiriwe ayo mahirwe kuko hari abana 14 bandi bahagurukanye nawe berekeza mu Budage ngo babanze bahageragerezwe mbere yo kureba ko bashoboye ubundi bagahabwa amakipe y’abato bazatorezwamo.
Abo bana barimo umunani b’Abanyarwanda, babiri bo muri Amerika, umwe wo muri Ethiopia, umunya Sudani umwe, umunya Eritrea n’undi w’Umurundi.
Khalfan w’imyaka 17, amazara umwaka umwe mu Budage niyuzuza imyaka 18 ahite ajya mu Bwongereza aho byitezwe ko azahita ajya mu kipe y’abato batarengeje imyaka 19 ya Manchester United.
Uyu mwana asanzwe akina asatira, akaba yaramaze igihe mu marerero nka Dream Team Academy, Umuri Foundation n’ahandi.
Se ni Umunyarwanda naho Nyina ni umunya Tanzania.
Irerero Inspire Star Academy Rwanda rifite abana 197 barimo Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga kandi bitoza buri munsi nyuma y’amasomo.








































































































































































