Nk’uko bimaze iminsi bimeze mu Rwanda, Kenya nayo iri kugusha imvura nyinshi ku buryo imyuzure yateje imaze guhitana abantu 66 abandi 2000 bahungishwa ingo zabo ngo zitazabagwira.
Ahibasiwe cyane ni mu Murwa mukuru, Nairobi, ahatangiye kugwa imvura guhera tariki 07, Werurwe, ikaba n’ubu igikomeje.
Mu mpera z’Icyumweru cyaraye kirangiye, nibwo ubuyobozi bwatangaje ko umubare w’abantu bahitanywe n’ibyo biza warenze abantu 33, bakagera ku bantu 66.
Abenshi ni abaragwiriwe n’inzu, abandi imivu irabatembana bagwa mu migezi barapfa.
Minisiteri y’Umutekano mu gihugu ivuga ko kandi abandi bantu barenga 2000 bavuye mu byabo kuko inzu zabo zarengewe n’amazi.
BBC Gahuzamiryango yanditse ko Perezida William Ruto avuga ko bakomeje ibikorwa by’ubutabazi no guha icumbi n’amafunguro abagizweho ingaruka n’iyo mvura.
Si muri Kenya gusa, imvura yashegeshe kuko no muri Ethiopia hamaze gupfa abantu barenga 100 bishwe n’inkangu n’imyuzure yaturutse ku mvura nyinshi imaze igihe ihagwa.







































































































































































