Panorama Sports
Nyuma y’ibiganiro bya nyuma hagati ya Liverpool na Mohamed Salah, hemejwe ko amasezerano ye azagera ku ndunduro ku wa 30 Kamena 2026. Ibi bivuze ko umwe mu bakinnyi b’ibihe byose ba Liverpool azagenda nk’umukinnyi wigenga (free agent) mu mpeshyi.
Icyemezo cyo kurekura Salah cyaturutse ku bwumvikane buke bwavutse hagati ye n’umutoza Arne Slot.
Umubano wa Salah na Slot ubarirwa ko “utagishobora gusanwa” nyuma y’aho uyu mutoza atangiye kumwicaza ku ntebe y’abasimbura.
Salah abona ko agifite urwego rwo hejuru cyane (elite player), bityo akaba ataremeye gukomeza kuba mu ikipe atari uwo kubanza mu kibuga.
Salah ahembwa amapawundi 400,000 mu cyumweru, ibintu byatumye bigorana kubona ikipe imugura mu gushika kwa Mutarama kuko byasabaga kwishyura igiciro cy’igurwa rye n’uwo mushahara uhenze.
Abanyamigabane ba Liverpool (Fenway Sports Group) bari bafite impungenge ko Salah ashobora gutangira gusubira inyuma mu mikinire.
Nubwo umwaka ushize ari we watsinze ibitego byinshi (Golden Boot) akanatanga imipira myinshi ivamo ibitego, ubu bigaragara ko urwego rwe rwatangiye kumanuka ugereranyije n’imyaka 9 ishize yari amaze mu ikipe.
Mu gutangaza ko azagenda, Salah ntiyigeze ashimira abayobozi cyangwa umutoza mu mashusho ye, ahubwo amagambo yose yayageneye abafana ba Liverpool gusa.
Ramy Abbas, umuhagarariye mu mategeko, yavuze ko kugeza ubu hatafatwa icyemezo ku ikipe nshya azerekezamo, ariko hari amahitamo atandukanye mu bihugu byo mu kigobe (Gulf) nka Al-Hilal na Al-Ittihad ni byo bihabwa amahirwe menshi yo kumusinyisha ariko na Shampiyona ya MLS ni andi mahitamo ashobora kwerekezwaho, nubwo amafaranga bamugura yaba ari make ugereranyije no muri Arabie Saudite.
Hari amahirwe make y’uko yasubira mu Butaliyani aho yavuye muri Roma mu 2017, aguzwe amapawundi miliyoni 36.5, kugira ngo akomeze kwongera imibare y’ibitego bye muri Champions League.
Nubwo yari yaritwaye neza mu Butaliyani, bamwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru bamushidikagaho bitewe n’uko atari yarabashije kwibona mu ikipe ya Chelsea mbere yaho.
Mu myaka icyenda amaze muri Liverpool, Salah yabaye umwe mu bakinnyi b’ibihe byose b’iyo kipe. Kugeza ubu, amaze gutsinda ibitego 48 mu marushanwa ya Champions League. Jurgen Klopp Salah yagiranye ubushyamirane na Klopp ubwo yamwicazaga ku ntebe y’abasimbura mu mukino bakinnye na West Ham muri Gicurasi 2024.
Arne Slot Umubano we n’umutoza mushya na wo waranzwe n’ibibazo nyuma y’aho Slot atangiye kumwicaza, ibi bikaba byaratumye umubano wabo ugera ku ndunduro. Nubwo agiye kugenda, akomeje gukundwa n’abakozi b’ikipe hamwe n’abakinnyi bagenzi be bitewe n’ibyo yayikoreye.
Igihe cy’ibyumweru 10 biri imbere ni ingenzi cyane kuri Liverpool n’umutoza Slot. Ikipe irasabwa kwitwara neza kugira ngo ibone itike ya Champions League y’umwaka utaha. Ku rundi ruhande, Salah arifuza gusoza neza nka Intwari kugira ngo yerekane ko yarenganyijwe muri uyu mwaka w’imikino.












































































































































































