Panorama
Ingabo zirwanira mu mazi za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’iza Congo-Brazzaville bakozanyijeho bamwe bahasiga ubuzima. Iyi mirwano yabereye ku ruzi rwa Congo (Fleuve Congo) ariko nyiranayazana wayo ntiramenyekana.
Radio mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) dukesha iyi nkuru, itangaza ko ingabo z’bihugu byombi zahanganye mu mirwano yabereye mu ruzi rwa Congo, umupaka karemano uhuza Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Congo-Brazzaville, cyane cyane mu gice kiri hagati ya Makotimpoko, muri Congo-Brazzaville, na Yumbi, muri DRC.
Ababibonye bavuga ko abasirikare ba Congo-Brazzaville bari mu irondo risanzwe ryo mu mazi maze bahura n’aba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, umuriro uraka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba, wari uri muri Congo-Brazzaville mu ruzinduko rw’akazi, avuga ko ibyabaye bibabaje. Yemeza ko hari abantu baguye muri iyo mirwano, ariko ntiyatangaza umubare w’abapfuye cyangwa abakomeretse.
Abayobozi b’ibihugu byombi bavuze ko bakomeje gushaka kumenya neza icyateye iyi mirwano, basaba impande zombi kwirinda ibikorwa bishobora gukaza umwuka mubi, bagakomeza ituze. Kugeza ubu, DRC na Congo-Brazzaville bisanzwe bifitanye umubano mwiza.















































































































































































