Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

Gusura Ingagi Byagabanyirijwe Igiciro By’Agateganyo

Ingagi ni inyamaswa yubahwa cyane mu Rwanda.

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere rwabaye rugabanyije ibiciro byo gusura ingagi kuzageza muri Kamena, 2026.

Bikubiye mu itangazo RDB yashyize kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa 05, Mutarama, 2026.

Abanyarwanda n’abaturage b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bazishyura $200 mu gihe bari basanzwe bishyura $500, berekane gusa indangamuntu, pasiporo cyangwa icyemezo cy’amavuko.

Abanyafurika n’abandi bazishyura amadolari $500, avuye ku $1,500 bari basanzwe bishyura, bongereho no kwerekana pasiporo, indangamuntu, ikarita y’umudiplomate cyangwa viza imara nibura amezi ane.

RDB ivuga ko iri gabanywa rigamije gukangurira Abanyarwanda n’abo mu karere gusura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.

Gusa, ivuga ko ibi biciro bizakoreshwa kugeza ku wa 31 Ukuboza 2026, ariko yongeraho ko “ibi biciro bitazakoreshwa kuva muri Kamena kugeza Ukwakira 2026.”

Bisobanuye ko kuva muri Kamena kugeza Ukwakira 2026 hazakoreshwa ibiciro bisanzwe, aho gusura ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga bizaba ari amadolari 1,500 ya Amerika ku banyamahanga naho ku Banyarwanda asubire ku $500.

Iyi pariki ni cyo cyanya rukumbi ku isi kikibarizwamo ingagi zo mu Birunga zisurwa na benshi baturutse mu mfuruka enye z’isi.

Izamuka ry’ibiciro byo gusura ingagi mu Rwanda ryatangiye kuva ku Madolari ya Amerika 750 hagati ya 2017 na 2019, kikagera ku madolari 1500 ya Amerika.

Kuva mu 2020 kugeza ubu, igiciro cyo gusura ingagi hatariho ubwasisi nticyigeze gihinduka mu Rwanda.

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ahabarizwa ingagi zo mu misozi, ni imwe mu pariki nke ku isi zibamo izi nyamaswa zikurura abakerarugendo, igahana imbibi na DRC na Uganda.

Itangazo rya RDB

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities