Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Bwami bwa Oman kuva ku wa 7 kugeza ku wa 8 Nzeri 2026, aho yari yatumiwe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu, Sultan Haitham bin Tarik.
Muri uru ruzinduko, Perezida Kagame na Sultan Haitham bagiranye ibiganiro byibanze ku gushimangira umubano usanzwe hagati y’u Rwanda na Oman no kuwagura mu nzego zishobora guteza imbere inyungu z’ibihugu byombi.
Abayobozi bombi bagaragaje ko ubufatanye bushobora kwagurwa mu nzego zirimo ishoramari, ubwikorezi, ingufu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubukerarugendo, itumanaho, amabanki n’imari, ndetse n’ibijyanye no gutanga no gutwara ibikoresho.
Hanashimangiwe akamaro ko kongera imikoranire hagati y’abikorera n’inzego za Leta, cyane cyane mu guteza imbere ubucuruzi no kongera agaciro k’ibicuruzwa n’ishoramari bihuriweho n’ibihugu byombi.
Amasezerano mashya yashyizweho umukono
Uruzinduko rwa Perezida Kagame rwahuriranye no gusinyana amasezerano n’inyandiko z’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Muri zo harimo amasezerano agamije korohereza ingendo ku bafite pasiporo za dipolomasi, iz’akazi ka Leta n’izidasanzwe, ndetse n’amasezerano yo kwirinda gusoresha kabiri abantu n’ibigo bikorera mu Rwanda na Oman.
Aya masezerano ateganyijwe gufasha mu koroshya ishoramari n’ubucuruzi, kuko azagabanya ikibazo cyo gusoresha inshuro ebyiri ibikorwa cyangwa amafaranga bimwe.
Ibihugu byombi kandi byasinyanye inyandiko z’ubufatanye mu bijyanye n’ibiganiro bya politiki, umurimo, ubwikorezi, iterambere ry’ibyambu byo ku butaka, ubuhinzi no guteza imbere ishoramari.
U Rwanda na Oman byagaragaje ko intambwe imaze guterwa mu mibanire yabyo, cyane cyane mu bijyanye n’ubwikorezi, itumanaho n’ikoranabuhanga mu by’amakuru n’itumanaho, ikwiye gukomeza.
U Rwanda na Oman bigiye kugira Ambasade zihoraho
Mu bindi byemezo by’ingenzi byafatiwe muri uru ruzinduko, ibihugu byombi byemeranyijwe gushyiraho Ambasade zihoraho muri buri gihugu.
Ibi bizafasha kurushaho kwegeranya ibihugu byombi no kugira inzego zihoraho zizajya zikurikirana imishinga n’inyungu bihuriyeho.
Hemeranyijwe kandi gushyirwaho Komite ihuriweho n’u Rwanda na Oman, izajya ifasha gukurikirana no guhuza ibikorwa by’ubufatanye hagati ya Guverinoma zombi.
Hanemejwe Inama y’Ubucuruzi ihuriweho, izibandaho guteza imbere imikoranire y’abikorera no gushaka amahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari.
Uretse ibyo, ibihugu byombi byemeranyije gutegura gahunda y’ubufatanye mu bya tekiniki, izafasha mu kubaka ubushobozi, guteza imbere imishinga no gushyira mu bikorwa amasezerano yasinywe.
Uru ruzinduko rufatwa nk’intambwe nshya mu gushimangira umubano w’u Rwanda na Oman, by’umwihariko mu guteza imbere ubucuruzi, ishoramari n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.















































































































































































