Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Karongi: Umuzamu w’umurinzi w’igihango Iribagiza Immaculate yapfuye urutaramenyekana

Ni nyuma y’iminsi mike Iribagiza Immaculate, umurinzi w’igihango, asuye itongo ry’iwabo mu Mataba ya Rubengera, hanyuma umuzamu we wanacungaga imwe mu mitungo ye Ntasoni Innocent bakunze kwita Musenyeri, asangwa mu cyobo gifata imyanda yo mu bwiherero yapfuye.

Amakuru agera ku Kinyamakuru Panorama, avuga ko uyu Ntasoni yabuze ku wa gatanu tariki ya 19 Kanama, batari bazi aho aherereye ariko umurambo we uza kuboneka muri iki gitondo cyo ku wa 21 Kanama mu cyobo gifata imyanda yo mu bwiherere cyo kwa Musabyimana Jean Damascene, yubitsemo umutwe.

Abaturage mu mudugudu wa Nyarusozi, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Rubengera, bamwe bavuga ko uyu nyakwigendera ashobora kuba yishwe biturutse ku kagambane k’uwitwa Kayitare Alex bapfa indagizo y’amasambu yacungaga akitwara nabi bakayimunyaga.

Abakekwa kwica Ntasoni barimo Musabyimana Jean Damascene na Kayitare Alex bajyanywe kuri Sitasiyo ya RIB ya Rubengera, umurambo na wo ujyanwa ku bitaro bya Rubengera gukorerwa isuzumwa.

Ntasoni Innocent atabarutse afite imyaka 50 y’amavuko, asize umugore n’abana barindwi.

Turacyakurikirana amakuru yimbitse kuri iyi nkuru.

Abaturage bahuruye ari benshi (Ifoto/Sylvain N.)

Sylvain Ngoboka

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities