Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

U Rwanda rugiye kohereza ingabo n’abapolisi mu bindi bihugu bibiri

Nyuma ya Santarafurika na Mozambique, mu bihe biri imbere u Rwanda rushobora kohereza ingabo na Polisi mu bindi bihugu bibiri zikajya gutanga umusanzu mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano.

Ibi byagarutsweho n’Umukuru w’igihugu akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, ku wa Gatandatu tariki ya 30 Mata 2022, mu na Nkuru y’Umuryango FPR Inkotanyi iteranye ku ncuro ya 15, yateraniye muri Kigali Arena. Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi baturutse mu nzego zitandukanye z’igihugu bateraniye iyi nama.

Umukuru w’igihugu yashimangiye ko umubano mwiza w’u Rwanda n’ibihugu nka Mozambique, Santarafurika n’ibindi ari amahirwe akomeye Abanyarwanda bagomba kubyaza umusaruro ndetse ahishura ko mu minsi iri imbere u Rwanda rushobora kohereza ingabo na polisi mu bindi bihugu.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko guteza imbere umuturage ari intego FPR Inkotanyi isangiye n’abandi banyapolitiki, ari yo mpamvu batumiwe muri iyi nama ariko nanone ashimangira ko iki ari igihe cyo kwisuzuma kuko habura igihe gito ngo manda ya 2017-2024 igere ku musozo.

Ibibazo birimo icyo kuba kugeza ubu u Rwanda rudafite indege y’imizigo cg cargo yifashishwa mu bwikorezi bw’ibicuruzwa biva cg bijya mu mahanga ndetse n’icy’ibyumba bikonjesha umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi bizwi nka Cold rooms bidahagije, ni bimwe mu byafashe umwanya wihariye muri iyi nama.

Umukuru w’igihugu avuga ko bitumvikana uburyo bihora bigaruka kandi hashize imyaka irenga itanu hatanzwe umurongo wo kubikemura, abigaragaza nka rumwe mu ngero z’imikorere idahwitse ikwiye guhinduka.

Perezida Paul Kagame yagarutse ku ngorane u Rwanda runyuzemo muri iyi myaka agaragaza ko nubwo ibibazo by’imibanire n’ibihugu byo mu karere bigenda bikemuka igihe gitambutse cyongeye kwibutsa buri munyarwanda ko akwiye kurangwa n’imikorere cyangwa imitekerereze ishaka ibisubizo no mu bihe bigoye nk’ibyo.

Iyi nama nkuru y’umuryango FPR Inkotanyi ibaye nyuma y’imyaka isaga ibiri itaba kubera icyorezo cya COVID19. Yahuriranye kandi no kuba habura igihe kitageze ku mezi abiri ngo u Rwanda rwakire inama ya CHOGM ari naho umukuru w’igihugu yahereye asaba buri wese cyane cyane abikorera kwiminjiramo agafu kugirango abazitabira iyo nama bazahabwe serivisi nziza kandi zinoze.

Iyi nama yari ifite umwihariko kuko yitabiriwe n’urubyiruko rwinshi, abanyarwanda baturutse muri Diaspora, abayobozi b’indi mitwe ya politiki ndetse n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu badafite imitwe ya politiki babarizwamo.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities