Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kigali: Ibipimo by’iminsi ibiri byagaragaje abantu basaga 3600 banduye COVID-19

Mu minsi ibiri ya Guma mu rugo, mu Mujyi wa Kigali hashyizweho gahunda yo gupima abantu mu tugari twose tuwugize. Mu bipimo byafashwe hagaragaye abanduye COVID-19 bagera ku 3,616.

Muri rusange mu Mujyi wa Kigali no mu tundi turere turi muri Guma mu rugo habaye ibikorwa bidasanzwe byo gupima abantu COVID-19, hagaragayemo abantu 4,770 banduye mu bipimo 124,488.

Abaturage bapimwe muri iyi gahunda, baratangaza ko bakajije ingamba muri ibi ihe nyuma y’uko bamenye uko bahagaze.

Akizanye Claudia yagize ati “Nafashe ingamba zo gukomeza kwirinda nkaraba amazi meza n’isabune, nambara agapfukamunwa neza kandi nirinda kujya ahantu hari abantu benshi.”

Impuguke mu by’imicungire y’ibyorezo zigaragaraza ko gupima umubare munini w’abantu iyo byahujwe na Gahunda nka Guma mu rugo, bitanga amakuru y’ingenzi ku miterere y’icyorezo.

Kugeza kuri iki cyumweru, Inzego z’ubuzima zihereye ku byavuye mu gupima ku bwinshi byakozwe mu minsi ibiri ishize, zivuga ko ijanisha ku bandura riri kuri 3.7% .

Aganira na RBA, Dr Vedaste Ntarindwa, Impuguke y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ku bijyanye na COVID-19, yavuze ko iyi mibare itanga icyizere.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ibikorwa bidasanzwe byo gupima nibura 20% by’abagize Utugari twose mu Mujyi wa Kigali, cyari kigamije kumenya imiterere y’icyorezo muri iki gihe, kandi ibi bikorwa bizongera bigakorwa mu minsi 2 ya nyuma ya Guma mu rugo, ari na ho hazashingirwa izinda ngamba zizafatwa nyuma y’iziriho. Hapimwe imiryango 7 muri buri sibo.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yagize ati “Ayo makuru yose turimo kuyegeranya azadufashe kuvugurura ingamba nababwiye ko tuzongera tugapima, ku munsi wa cyenda n’uwa cumi wa Guma mu rugo, amakuru azavamo niyo azashingirwaho mu gufata ibindi byemezo, kuko dushingira ku biriho twese tuba tubona.”

Muri rusange ku munsi wa mbere w’ibikorwa bidasanzwe byo gupima, hafashwe ibipimo 50.880, mu gihe ku Cyumweru hafashwe ibipimo 73.608 mu gihugu hose.

Muri ibi bipimo byafashwe iminsi ibiri bikaba byaragagayemo abarwaye iki cyorezo 4770.

Muri rusange kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 agaragaye mu Rwanda muri Werurwe 2020 kugeza ku wa 19 Nyakanga 2021, hamaze gufatwa ibipimo 1,895,926 basanzwemo abanduye 58,235. Abamaze gukira bose ni 41.046 mu gihe 16.632 barwaye na ho 89 barembye. Abitabye Imana ni 666.

Rwanyange Rene Anthere

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities