Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Paul Kagame yabimburiye abandi kugeza kandidatire ye kuri Komisiyo y’igihugu y’Amatora

Raoul Nshungu

Kuri uyu wa 17 Gicurasi 2024, mu ma saa tanu z’amanywa, Perezida Kagame yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora -NEC Kandidatire ye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ahagarariye Umuryango wa FPR Inkotanyi.

Paul Kagame aherekejwe na Madamu we Jeannette Kagame ndetse n’umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi yakiriwe na Hon. Oda Gasinzigwa uyobora Komisiyo y’Igihugu y’Amatora aho iyi komisiyo ikorera mu Kiyovu.

Mu byo yasabwe nk’ibyangombwa yagombaga kwitwaza harimo icyemezo cy’uko Umuryango FPR Inkotanyi wamutanze nk’umukandida, icy’uko ari umunyarwanda by’inkomoko ndetse n’icyemeza ko yerekanye umutungo we.

Nk’uko NEC ibitangaza, abasabye impapuro zo gusinyirwaho kugira ngo bazahatanire umwanya wa Perezida wa Repubulika ni 8 bigenga. Mu mitwe ya Politiki yemewe ikorera mu Rwanda, Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame ni we watanze ibyangombwa asabwa.

Ni ku nshuro ya kane Paul Kagame, agiriwe icyizere n’Umuryango FPR Inkotanyi ikamutanga nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’igihugu.

Imitwe ya Politiki nka PL, PSD, PDI yemeye ko nta mukandida izatanga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ahubwo izashyigikira Paul Kagame watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi.

Ingengabihe y’amatora iteganya ko kuva tariki 17 kugeza tariki 30 Gicurasi 2024, hateganyijwe kwakira kandidatire z’abakandida, ku wa 14 Kamena 2024 hazatangazwa izemejwe burundu, ku wa 22 Kamena -13 Nyakanga 2024 hatangire ibikorwa byo kwiyamamaza. Amatora y’Umukuru w’igihugu n’abadepite azaba ku wa 14 Nyakanga 2024 ku banyarwanda baab hanze y’igihugu, na ho imbere mu gihugu azaba ku wa 15 Nyakanga. Ku wa 16 Nyakanga 2024 hazaba amatora y’abahagariye 30 y’abagore mu nteko ishinga amategeko, abahagarariye urubyiruko babiri ndetse n’umwe uhagagariye abafite ubumuga.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Panorama Minisitiri w’ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana atangaza ko ikibazo cy’inzoga zitizuje ubuziranenge zikomeje guhitana ubuzima bw’abantu ari icyorezo mu bindi, kuko bimaze gufata indi...

Rwanda

Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Murenge wa Nyarugunga n’ahandi muri Kanombe, mu Karere ka Kicukiro, bavuga ko bamaze ibyumweru bisaga bitatu bahanganye n’ikibazo...

Akarere

Mu gihe ikibazo cy’umutekano gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ridateganya kuva ku...

Akarere

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, yavuze ko igihugu kidateganya gukuraho ingamba z’ubwirinzi cyashyizeho, ahubwo ko zikomeza kuvugururwa bitewe n’imiterere y’ibibazo by’umutekano...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities