Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ubusugire n’umutekano bya buri gihugu byubahwe _Perezida Kagame

Panorama

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, agaragaza ko Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba -EAC n’ibiri mu wa Afurika y’Amajyepfo -SADC, ko umutekano n’ubusugire by’u Rwanda bigomba kubahwa, ndetse ko ibikibibangamiye bigomba gushakirwa umuti mu nzira zisanzweho zo gukemura ibibazo nk’ibyo, mu bihugu bitandukanye birimo na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo-DRC.

Nk’uko tubikesha RBA, Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu nama ya 2 y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC yiga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, mu ijoro ryo ku wa mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025.

Kuba DRC ikomeza kuba indiri y’imitwe yitwaje intwaro ndetse no gutera inkunga Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, biri mu byakomeje kubangamira ubusugire n’umutekano by’u Rwanda mu bihe bitandukanye harimo n’ibitero byagabwe ku butaka bwarwo bikica abaturage.

Aha ni ho Perezida Kagame ahera avuga ko gukemura ikibazo cy’umutekano muke n’ivogerwa ry’ubusugire bitareba Ibihugu bimwe ngo ibindi byirengagizwe.

Agira ati “U Rwanda ruhangayikishijwe n’umutekano warwo kandi ibi bigomba gushakirwa umuti mu nzira zisanzweho zo gukemura ibibazo nk’ibyo, mu bihugu bitandukanye birimo na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. Iyo tuvuze ubusugire, tuba tuvuga buri gihugu. Ubusugire n’umutekano bya buri gihugu bigomba kubahwa.”

U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko igihe cyose hadakemuwe ibibazo mu mizi, hagahagarikwa imvugo zihembera urwango zikanabiba ingengabitekerezo ya Jenoside, amahoro arambye mu Burasirazuba bwa DRC atazigera agerwaho.

Ikindi kandi rwakomeje nanone kugaragaza mu bihe bitandukanye ko nta nyungu rufite mu ntambara ikomeje kuba muri iki gihugu ko ahubwo icyo rwifuza ari umutekano urambye ku baturage barwo wakomeje kubangamirwa n’amahitamo mabi ya Leta ya RDC yo kudashyikirana n’Ihuriro rya AFC\M23 riharanira ukwishyira ukizana kw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Perezida Kagame agaragaza ko guhagarika intambara ari uguhagarika akarengane. Agira ati “Niba ushaka guhagarika intambara, uhagarika akarengane, uhagarika ibibazo bya politiki bitari ku baturage bawe gusa, ahubwo n’abandi barimo abaturage bawe n’aba bagerwaho n’izo ngaruka.”

Iyi nama ya 2 y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC yiga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC, yemeje abahuza 5 mu kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa DRC, barimo Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Kgalema Motlanthe wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Santarafurika na Sahle-Work Zewde wabaye Perezida wa Ethiopia.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ubuhinzi

Rene Anthere Rwanyange Nyaruguru District has reduced child stunting from 39% to about 23% over the past five years, alongside gains in roads, water,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange East African countries are accelerating efforts to harmonise higher education systems, with the region targeting a common higher education area...

Politiki

U Rwanda n’Ubwami bwa Oman byasinye amasezerano abiri n’inyandiko esheshatu z’ubwumvikane, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane mu bucuruzi,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange Rwanda and Oman have signed two agreements and six Memoranda of Understanding (MoUs) aimed at deepening bilateral cooperation in trade,...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities