Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

#Kwibuka31: Perezida Kagame asaba Abanyarwanda guhaguruka bakarwanira uburenganzira bwabo

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asaba Abanyarwanda guhaguruka bakarwanira uburenganzira bwabo, byaba na ngombwa bagapfa baburwanira aho gupfa nk’isazi yicwa ihagaze. Gupfa urwanira uburenganzira bwawe, ni byiza aho kugira ngo bakwice baguhitiyemo urupfu, kandi kurwanira uburenganzira ahanini habamo amahirwe yo gutsinda ukurenganya.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuhango wo gutangiza gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yavuze ko atazemera kongera gupfa atarwana nk’uko byagenze ku Batutsi benshi bishwe muri Jenoside, kandi ko abifuza kwica Abanyarwanda muri ubwo buryo badateze kuzatsinda.

Atangira ijambo, Perezida Kagame yavuze ku muntu wigeze kumubaza uko ahuza imibereho y’ibihe by’umwijima bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibibazo bikomeye u Rwanda ruri kunyuramo uyu munsi, ariko Perezida Kagame we akabihuza n’Abanyarwanda muri rusange.

Yamusubije ko ibyo byose uko ari bibiri ibyahise n’ibirimo kuba, biva inda imwe kandi ko Abanyarwanda bagomba guhangana na byo, kuko byose bishingiye ku mateka mabi yaranze Igihugu kandi ko ntaho abantu babihungira.

Agira ati “Namusubije ko bishoboka ko byose byaguhitana cyangwa ugahaguruka ukarwana, kuko nk’uko byavuzwe mu buhamya, mu myaka mirongo itatu ishize, ntabwo bizongera kubaho; kandi ko bizwi neza ko abadushyize mu mwijima batazongera kubishobora ukundi.”

Akomeza agira ati “Ntabwo bizongera kubaho kuko hari abantu biteguye guhaguruka bakarwana! Ntabwo ari uko hari abantu bakeya bifuza ko iki gihugu kizimangana, ahubwo se ni gute abantu babyemera aho kugira ngo bahaguruke barwane? Nibyo harimo ingaruka zo kuba warwana ugapfa, ariko ntabwo wahitamo ko bagusanga bakakwica nk’isazi, aho guhitamo guhagarara ukarwana ngo urokoke ubeho ubuzima wifuza, aho kwemera guhitamo amahirwe yo kubaho nk’uwagiriwe ubuntu. Kubera iki se”?

Perezida Kagame avuga ko hari n’abaza bamubwira iby’uko atera ubwoba akavuga ukuri kwinshi, ko bazamwica, na we akabasubiza ko niba bazamwica, mbere na mbere bivuze ko ari abicanyi. Avuga ko kwemera ukarebera akarengane u Rwanda rugirirwa ukicecekera, nta rupfu rwaba rurenze urwo.

Agira ati “Kuki Abanyarwanda mwumva ko mutapfa murwana, aho gupfa muhagaze? Ibyo ndanabibwira abandi banyafurika bicwa nk’isazi bakemera! Njyewe ntabwo ari uko bimeze; nzarwana, nintsinda ntsinde, nintsindwa ntsindwe; ariko hari amahirwe ko guhaguruka ukarwana bizatuma ubaho, kandi ukabaho ubuzima wifuza, nk’ubwo n’abandi bifuza.”

Akomeza avuga ko kuba u Rwanda ari ruto, ntaho bihuriye n’ubuhangange bwarwo mu kwihagararaho, ahubwo ko Abanyarwanda bakwiye kubaho, kandi mu buzima bwiza bifuza.

Agira ati “Nzahora mbwira abo batugirira nabi bose nti ‘muragahera!” Mufite ibibazo byanyu, namwe nimugende mubikemure. Twebwe Abanyarwanda ntabwo dufite ubwoba bw’ibyo batuvugaho n’ibyo batubwira. Nta bwoba binteye! Ikindaje ishinga, ni ukubaho nk’Abanyarwanda, bashaka kubaho. N’Abanyafurika mwese nimwange izo mvugo zibambura agaciro kanyu, zivuga ko muzababo uko babishaka. Mbega ukuntu bibabaje! Wapi! Nimuhaguruke murwane nta kundi.”

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Ikigo Gates Foundation n’icya OpenAI byifatanyije mu gushakira umuti ibibazo biri mu rwego rw’ubuvuzi, hakoreshejwe ubwenge buhangano (AI) mu bihugu bya Afurika, bikazatangirira muri...

Amakuru

Mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, bitangira ikipe y’u Rwanda itsinda iya Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities