Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Akarere ka Nyamagabe kiganjemo ubukene kurusha utundi mu gihugu

Raoul Nshungu

Ubushakashatsi  bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda –NISR, 2025, kubipimo by’ubukene n’imibereho y’Abanyarwanda, bugaragaza ko Akarere ka Nyamagabe kaza ku mwanya wa mbere mu kugarizwa n’ubukene.

Ku wa 16 Mata 2025, ubwo hashyirwaga ku mugaragaro raporo y’ubu bushakashatsi bwa 7, byagaragaye ko uturere tw’Umujyi wa Kigali tuza ku myanya itatu ya mbere mu guhangana n’ubukene. Uturere twinshi two mu majyepfo n’Uburengerazuba tuza mu myanya ya nyuma, ni ukuvuga ko ari two tuza imbere mu kugarizwa n’ubukene.

Mu myanya ya nyuma haje Akarere ka Nyamagabe ari ko gakennye kurusha utundi mu Rwanda, ku kigero cya 51,4%, aho gakurikiwe na Gisagara (45,6%) na Rusizi (44,2%). Mu ntara zose, iy’Amajyaruguru ni yo iza ku isonga dore ko Akarere ka Gicumbi kaza ku Isonga nyuma y’uturere tw’umujyi wa Kigali, mu gihe intara y’Amajyepfo ariyo iza ku mwanya wa nyuma.

Usibye imibare ireba uko ubukene buhagaze mu gihugu, ubu bushakashatsi bwagaragaje ko Ingo zifite murandasi (internet) mu Rwanda zavuye kuri 17% mu 2017 zigera kuri 30% mu 2024.

Mu bice by’icyaro, ingo zifite internet zavuye kuri 12% mu 2017 zigera kuri 19% mu 2024. Mu bice by’imijyi, ingo zifite internet zavuye kuri 38% mu 2017 zigera kuri 57% mu 2024.

Mu rwego rw’uburezi, Abanyarwanda barangije amashuri abanza bari 31% mu 2017 ariko mu 2024, abayarangiza bari bageze kuri 42%. Abakobwa barangiza amashuri abanza bari 36% ariko ubu ni 50%. Ni mu gihe abahungu bo bari 26%, ariko mu 2024 bageze kuri 34%.

Abana bo mu bice by’icyaro barangiza amashuri abanza bavuye kuri 27% mu 2017 bagera kuri 37% mu 2024. Ni mu gihe abo mu mijyi bo bavuye kuri 37% bagera kuri 57%. Imyaka yo kurangizaho amashuri abanza ni hagati ya 14-16.

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard, atangaza ko ibyavuye mu bushakashatsi bwa 7 ku mibereho y’ingo mu Rwanda, atari raporo gusa ahubwo ari ibigaragaza aho Igihugu cyavuye ndetse no kwerekana intambwe yatewe mu gukomeza guharanira ahazaza heza.

Mu butumwa yahaye abitabiriye imurikwa ry’ibyavuye muri ubu bushakashatsi agira ati “Imibare iri muri iyi raporo irenze ibarurishamibare. Igaragaza ibyahindutse mu buzima bw’abaturage bacu…”

Akomeza atangaza ko ibyakozwe mu kuzamura imibereho y’Abanyarwanda byanatanze umusanzu mu guhanga uburyo bwo kwinjiza amafaranga ku baturage, guhanga imirimo n’ibindi.

Ati “By’umwihariko, nk’uko ibyavuye muri raporo bibigaragaza, umuvuduko mwiza wacu nyuma ya Covid-19, wayobowe n’ukwiyongera kw’amahirwe y’imirimo by’umwihariko ku bageze igihe cyo gukora barimo n’urubyiruko.”

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko ubukene mu Rwanda bwagabanyutse, buva kuri 39,8% mu 2017, bugera kuri 27,4% mu 2024, mu gihe ubukene bukabije bwageze kuri 5,4% buvuye kuri 11,3% mu 2017.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ubuhinzi

Rene Anthere Rwanyange Nyaruguru District has reduced child stunting from 39% to about 23% over the past five years, alongside gains in roads, water,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange East African countries are accelerating efforts to harmonise higher education systems, with the region targeting a common higher education area...

Politiki

U Rwanda n’Ubwami bwa Oman byasinye amasezerano abiri n’inyandiko esheshatu z’ubwumvikane, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane mu bucuruzi,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange Rwanda and Oman have signed two agreements and six Memoranda of Understanding (MoUs) aimed at deepening bilateral cooperation in trade,...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities