Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gatare Wigeze Kuba Umujyanama Wa Perezida Kagame Yahawe Izindi Nshingano

Inama y’Ubutegetsi y’Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere bita Africa School of Governance riherutse gutangira imirimo yashyizeho Francis Gatare nka Perezida waryo.

Mu nshingano nyinshi yagize, Francis Gatare yabaye n’Umujyanama wihariye wa Perezida, inshingano nshya akaza kuzitangira kuri uyu wa 01, Ugushyingo, 2025.

Mu gusobanura icyabateye gushyiraho Gatare ngo ayobore iri shuri, abagize iriya nama batangaje ko rikeneye umuyobozi uzi neza icyerekezo cy’abarishinze, kandi urimenyereye kugira ngo rigere ku ntego zaryo.

Gatare yashimiye abamugiriye ikizere bakamuha izo nshingano.

Ati: “Nishimiye cyane ko mpawe izi nshingano nshya muri ASG. Nk’uwabaye mu Nama y’Ubutegetsi ya ASG kandi nyobowe n’icyerekezo cy’abarishinze kandi duhuje intego yo kurema igisekuru cy’abayobozi ba Afurika bafite indangagaciro y’ubunyangamugayo, guharanira gukora neza no gukorera abaturage.”

Gatare uri mu bayoboye itsinda rya tekinike ryashyizeho ibyahereweho hashingwa iri shuri kandi inama y’Ubutegetsi ivuga ko ubunararibonye afite bumwemerera kuzageza iri shuri ku rwego rwiza.

Mu Ukuboza, 2024, nibwo Gatare yagizwe Umujyanama wihariye muri Perezidansi ya Repubulika.

Mbere yari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB akaba yarakoze no mu zindi nzego nkuru z’ubuyobozi bw’u Rwanda.

Gutangiza amasomo muri Ishyuri Nyafurika ry’Imiyoborere byabaye ku wa 25, Nzeri, 2025, uwo muhango ukaba waritabiriwe n’abanyeshuri 51 bo mu bihugu 14 by’Afurika.

Abanyeshuri bari bahari bakomoka mu Rwanda, Uburundi, Cameroon, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Ethiopia, Ghana, Kenya, Mali, Nigeria, Sudani y’Epfo, Gambia, Tanzania, Uganda na Zimbabwe.

Gushinga iri shuri byatangiriye ku nama za Perezida Paul Kagame na Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Mu bandi bagize Inama y’Ubutegetsi harimo Donald Kaberuka wayoboye Banki Nyafurika y’Amajyambere (BAD).

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange East African countries are accelerating efforts to harmonise higher education systems, with the region targeting a common higher education area...

Politiki

U Rwanda n’Ubwami bwa Oman byasinye amasezerano abiri n’inyandiko esheshatu z’ubwumvikane, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane mu bucuruzi,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange Rwanda and Oman have signed two agreements and six Memoranda of Understanding (MoUs) aimed at deepening bilateral cooperation in trade,...

Politiki

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, bigamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi no kurebera...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities