Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko abagore bitabira kuboneza urubyaro biyongera kandi ko uburyo bitabira kurusha ubundi ari ugukoresha agapira (implant), inshinge n’ibinini.
Iyo raporo ivuga ko muri rusange Abanyarwanda bakoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro barenga miliyoni ebyiri, bavuye kuri miliyoni 1,5 bariho mu mwaka wa 2019.
Iyo mibare yerekana ko mu myaka itanu, abantu 492,000 binjiye muri gahunda zo kuboneza urubyaro, bikagaragaraza impinduka mu myumvire kuri iyi ngingo.
Agapira nibwo buryo bwo kuboneza urubyaro bukoreshwa cyane mu Rwanda, kuko gakoreshwa n’abagera 879.113, barimo 212.974 batangiye kugakoresha mu mwaka wa 2024.
Hakurikiraho uburyo bwo gukoresha inshinge bukoreshwa n’abantu 671.008, barimo 180.182 babitangiye mu mwaka wa 2024.
Uburyo bw’ibinini bukoreshwa n’abantu 348.291, barimo 141.205 babutangiye mu 2024.
Imibare igaragaza kandi ko abagore bifungishije burundu biyongereye ku buryo bugaragara, bava ku bantu 14.456 mu mwaka wa 2019 bagera ku 35.105 mu mwaka wa 2024, bituma umubare w’abana bavuka ku mugore umwe bagabanuka, ubu bakaba babarirwa ku bana 3.7.
Kimwe mubyo abayobotse ubwo buryo bahurizaho, ni uko bibafasha kwita ku bana babo, bakabagaburira bihagije kandi neza bityo imirire iganisha ku igwingira ikagabanuka.
Ibyo kibyara indahekana nabyo bigabanuka binyuze muri iyo myitwarire ishingiye k’uguhindura imyumvire ku byerekeye kuboneza urubyayo.
Umuyobozi ushinzwe kwita ku buzima bw’umwana n’umubyeyi muri RBC, Dr. François Régis Cyiza, avuga ko muri rusange imiti yo kuboneza urubyaro igizwe n’imisemburo igendanye n’ubuzima bw’imyororokere abantu basanzwe bagira mu mibiri yabo.
Ati: “Iriya miti yo kuboneza urubyaro hafi ya yose ukuntu ikora, ishingiye ku misemburo n’ubundi dusanzwe dufite. Birumvikana nk’umuti uwo ari wo wose cyangwa ikintu icyo ari cyo cyose cyinjira mu mubiri, burya imibiri yacu ntabwo icyakira kimwe. Iyo dukoresha buri buryo bwo kuboneza urubyaro abenshi nta kibazo bagira iyo bakibutangira, ariko hari bake umubiri ubanza kugira umwanya wo kubanza kumenyereza wa muti.”
Impungenge ziracyari ku bangavu baterwa inda zitateganyijwe, imibare y’ Ubushakashatsi bwa karindwi ku buzima n’imibereho y’abaturage (DHS 7) bwo mu 2025, ikagaragaza bageze ku 8% bavuye kuri 5% bariho mu myaka itanu ishize.









































































































































































