Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, Confederation of African Football (CAF), yafashe icyemezo gikomeye cyo kwambura Senegal igikombe cya Africa yari yaregukanye mu mukino wa nyuma wabaye mu ntangiriro z’uyu mwaka, maze itangaza ko Morocco ari yo yegukanye iri rushanwa.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko akanama gashinzwe kwakira ubujurire muri CAF kemeje ko Senegal yatesheje agaciro uwo mukino wa nyuma wabaye ku wa 18 Mutarama 2026 i Rabat. Nk’uko bitangazwa n’aka kanama, kavuga ko umukino wari warangiye Senegal itsinze igitego 1–0, ariko ubu CAF ikaba yavuze ko ugomba kubarwa nk’uwarangiranye amanota 3–0 ku ruhande rwa Morocco.
Muri uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium mu murwa mukuru Rabat, abakinnyi ba Senegal bayobowe n’umutoza Pape Thiaw bavuye mu kibuga bigaragambya, batishimiye icyemezo cy’umusifuzi wari utanze penaliti ku ruhande rwa Morocco mu minota ya nyuma y’umukino.
Nyuma y’iminota igera kuri 15 umukino uhagaze, wongeye gutangira. Penaliti yari itewe n’uwakiniraga Morocco Brahim Díaz yaje gukurwamo n’umunyezamu wa Senegal Édouard Mendy. Nyuma mu minota y’inyongera, Pape Gueye yatsinze igitego cyahesheje Senegal igikombe cya kabiri cya AFCON.
Icyakora uwo mukino waranzwe n’akaduruvayo kenshi, kuburyo hari abafana bagerageje kwinjira mu kibuga, abakinnyi bagirana ubushyamirane ku ruhande rw’ikibuga ndetse n’abanyamakuru baturutse muri ibyo bihugu byombi bagirana amakimbirane aho bari bari.
Hari n’amakuru avuga ko bamwe mu bana bashinzwe gutoragura imipira ba Morocco bagerageje gufata igitambaro cyakoreshwaga na Mendy, bikekwa ko bashakaga kumurangaza kugira ngo Morocco ibone amahirwe yo gutsinda.
Nyuma y’uyu mukino, CAF yari yafatiye ibihano amakipe yombi n’abayobozi bayo, harimo n’amande arenga miliyoni imwe y’amadolari ndetse n’ibihano byo guhagarika bamwe mu bakinnyi n’abatoza. Icyo gihe ariko CAF ntiyari yahinduye ibyavuye mu mukino.
Kuri ubu ariko Senegal ikaba yatswe iki gikombe, bikaba byateje impaka mu bakurikiranira hafi umupira w’amaguru muri Afurika, gusa hakaba hakiri amahirwe kuri Senegal ko ishobora kujuririra iki cyemezo mu rukiko mpuzamahanga rukemura amakimbirane mu mikino, Court of Arbitration for Sport.

Senegal ikinamo Sadio mane yambuwe igikombe cya AFCON







































































































































































