Ingabo za Amerika n’iza Irani ziri gushakisha umusirikare w’Umunyamerika wabuze nyuma y’uko indege y’intambara ya Amerika yarashwe igwa hasi.
Bamwe baramushaka ngo bamubaze amakuru y’ubutasi mu gihe abandi bamushakira kumurokora.
Uwo musirikare waburiwe irengero ni umuyobozi w’ibikoresho by’intwaro (weapon systems officer), yari mu ndege ya gisirikare ya Amerika yo mu bwoko bwa F-15 yarasiwe mu majyepfo ya Irani, nk’uko CBS ibitangaza.
Nta makuru aramenyekana ku byabaye kuri uwo musirikare waburiwe irengero — undi musirikare wari uyitwaye (pilote) we yarokowe.
Ingabo za Irani zirimo gushakisha uwo musirikare muri ako gace — abayobozi b’icyo gihugu bagasaba abaturage kumushakisha bakamuzana ari muzima, kandi ngo abazatuma afatwa bazahembwa, nk’uko ibitangazamakuru bya Leta bibivuga.
Irani ivuga ko yanarasiye indi ndege ya kabiri ya Amerika hejuru y’Inyanja ya Persian Gulf — ibitangazamakuru byo muri Amerika bivuga ko indege yo mu bwoko bwa A-10 Warthog yarashweho mu gikorwa cyo gushakisha no gutabara iyari yabanje kuraswa.
Bivugwa ko uwari utwaye indege yo mu bwoko bwa Warthog yabonye arashwe, ahita asimbuka indege akoresheje umutaka, ubwo yari ageze hejuru y’inyanja ituranye na Irani.
















































































































































































