Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Indwara Ya Macinya Iravugwa Cyane Muri Bujumbura

Nibura abarwayi 34 barwaye macinya(cholera) bari kwitabwaho mu bigo bibiri bivura iyo ndwara i Bujumbura. Ibi byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima Rusange. Muri bo, 18 bakiriwe ku ivuriro rya Clinique Prince Louis Rwagasore, bose baturutse mu gace kamwe ka Kinama.

Minisitiri yasabye ko hafatwa ingamba zihamye zijyanye n’isuku n’isukura.

Minisitiri w’Ubuzima Rusange, Lyduine Baradahana, yavuze ko ari ubwa mbere kuva uyu mwaka watangira habonetse ikibazo gikomeye nk’iki.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa Kane tariki ya 2 Mata, yatangaje ko ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata honyine, bakiriye abarwayi 18, bose baturutse mu gace ka Kinama.

Iyo mibare iteye impungenge kuko abarwayi 34 bose hamwe bamaze kugaragara kandi hakaba impungenge ko bashobora kuziyongera mu gihe kiri imbere niba ingamba z’isuku zidafashwe kandi ngo zikurikizwe.

Yagaragaje ko imyitwarire mibi ya bamwe mu baturage bo muri ako gace yagize uruhare mu kwiyongera kw’iki cyorezo.

Yavuze ko uduce twa Bubanza, Muco, ndetse n’utwahoze twitwa Bukirasazi 1 na 2 twagaragayemo imyitwarire yorohereje ikwirakwira rya macinya, iyi ikaba indwara irangwa no guhitwa no kuruka bikomeye ndetse bikaba bigira abo bihitana.

Indi mpamvu atanga, ni iy’uko hari amazi mabi abatuye uduce twibasiwe bakoresha, bigatuma umwanda ukwira henshi.

Minisitiri ati: “Hari imigezi itatu iteza ikibazo — umwe uturuka i Winterekwa, undi witwa Cari, n’undi uturuka i Gihosha.”

Baradahana yasobanuye ko hari ingo zimwe na zimwe zashyize imiyoboro y’imyanda yazo mu miyoboro y’amazi ku buryo iyo myanda ikurikira inzira y’amazi ikagera muri Kinama, igakwirakwira mu duce twa Bubanza, Bukirasazi na Kinyankonge.

Ati: “Dufite urutonde rw’ingo zakoze ibi, kandi ndaziburiye ku mugaragaro.”

Yasobanuye ko mu duce twa Winterekwa na Gisandema hari ingo zifite ibyobo by’imyanda (fosses septiques), ariko kubera kudashaka kwishyura amafaranga yo kubisukura buri gihe, bakoze uburyo bwo kuyasohora bayanyujije mu miyoboro ijya muri iyo migezi.

Yongeyeho ko ayo mazi aba yanduye cyane, arimo udukoko dutera macinya (vibrions cholériques), tukagenda dukurikira iyo migezi tukagera mu mugezi wa Ntahangwa cyangwa mu duce twa Bubanza, Kinyankonge na Buterere 1, aho hasanzwe hari ibibazo by’isuku nke.

Burundi Iwacu yanditse ko Minisitiri Lyduine Baradahana yihanangirije abaturage avuga ko guhera ku wa Mbere tariki ya 6 Mata hazatangira gutangwa amande ku batubahiriza amategeko y’isuku n’isukura, hashingiwe ku iteka ryashyizweho umukono ku wa 18 Gashyantare 2026 n’abaminisitiri bashinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, ubukungu n’ubuzima, rikaba ryaratangajwe ku mugaragaro ku wa 13 Werurwe i Gitega.

Iryo teka rigena ibihano by’amafaranga ku bantu bose batubahiriza amabwiriza ajyanye n’isuku n’isukura rusange.

Abaminisitiri batanze igihe cy’ibyumweru bitatu ku baturage kugira ngo bahindure imyitwarire yabo mu micungire y’imyanda, bakore ibikorwa birinda ikwirakwira ry’indwara.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities