Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ubushinwa Buravugwaho Gushaka Guha Irani Intwaro Zigezweho

Amakuru y’ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika agaragaza ko Ubushinwa butegura koherereza Irani uburyo bushya bwo kurinda indege (air defense systems) mu byumweru bike biri imbere. CNN yanditse ko ayo makuru iyakesha abantu batatu bazi neza iyo dosiye.

Iki kinyamakuru cy’Abanyamerika cyemeza ko ibi byaba ari igikorwa gishobora guteza impagarara, kuko byaba bivuze ko Ubushinwa butarimo gukurikiza ibyo bwari bwaravuze by’uko bushingiye ku gutuma habaho amasezerano yo guhagarika imirwano.

Ibi bitangajwe mu gihe Perezida Donald Trump na we ateganya gusura Ubushinwa mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Gicurasi kugira ngo aganire na Perezida Xi Jinping.

Aya makuru y’ubutasi agaragaza kandi ko Irani ishobora kuba irimo gukoresha icyo gihe cyo guhagarika imirwano nk’amahirwe yo kongera kuzuza ububiko bwayo bw’intwaro zimwe na zimwe, ibifashijwemo n’abafatanyabikorwa bayo bo mu mahanga.

Abantu babiri muri abo batangaje aya makuru babwiye CNN ko hari ibimenyetso by’uko Ubushinwa burimo gushaka kohereza izo ntwaro ziciye mu bindi bihugu kugira ngo hatamenyekana aho zaturutse nyakuri.

Izo ntwaro Ubushinwa bushaka gutanga ni Misile zirasa indege zifashishwa n’umusirikare umwe azifashe ku rutugu, zizwi nka MANPADS.

Zagize uruhare rukomeye mu guteza ibyago ku ndege za gisirikare za Amerika ziguruka hasi mu gihe cy’intambara yamaze ibyumweru bitanu, kandi zishobora kongera kuzibangamira niba ayo masezerano yo guhagarika imirwano asenyutse.

Hagati aho, Umuvugizi wa Ambasade y’Ubushinwa i Washington yavuze ko “butigeze buha intwaro uruhande na rumwe muri iyi ntambara bityo ko ayo makuru atari yo.”

Agira ati “Nk’igihugu gikomeye gifite inshingano, Ubushinwa bwubahiriza inshingano mpuzamahanga. Turasaba uruhande rwa Amerika kwirinda ibirego bidafite ishingiro, guhuza ibintu mu buryo bugamije kubeshya, no gukabya inkuru; kandi twifuza ko impande zibishinzwe zakora byinshi mu kugabanya umwuka mubi.”

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, umuvugizi wa Ambasade y’Ubushinwa yabwiye CNN ko kuva intambara ya Amerika/Israel na Irani yatangira, bwagerageje gufasha mu gutuma habaho guhagarika imirwano no kurangiza amakimbirane.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, ku wa Mbere, Donald Trump yavuze ko indege ya gisirikare ya F-15 yarashwe muri Irani mu cyumweru gishize yakubiswe na misile ifatwa ku rutugu, ishakisha ubushyuhe (heat-seeking missile). Na ho Irani yo yavuze ko yakoresheje uburyo bushya bwo kwirinda indege ariko ntiyatangaza ibisobanuro birambuye.

Kohereza imbunda za MANPADS muri Irani byaba ari ukuzamura urwego rw’inkunga Ubushinwa beahaga iki gihugu kuva Amerika/Israel batangiza ibikorwa bya gisirikare bihuriweho muri Gashyantare.

Amakuru avuga ko amasosiyete yo mu Bushinwa yakomeje kugurisha kuri Irani ikoranabuhanga n’ubwo iki gihugu kiri mu bihano.

Biteganyijwe ko Donald Trump azahura na Xi Jinping ukwezi gutaha i Beijing, kandi Ibiro bya Perezida Trump byatangaje ku wa Gatatu ko ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru hagati ya Amerika n’Ubushinwa byabaye mu gihe ibiganiro byo guhagarika imirwano muri Irani byari birimo kuba muri iki cyumweru.

Umwe mu bantu bazi aya makuru y’ubutasi yavuze ko Ubushinwa butabona inyungu zifatika mu kwinjira mu ntambara ku mugaragaro no kugerageza kurinda Irani kuko bazi ko batayitsinda.

Ahubwo, Ubushinwa buragerageza kugumana inshuti yabwo ari yo Irani —igihugu gishingiraho cyane mu kubona Peteroli— mu gihe igaragara nk’aho itabogamye kugira ngo izabashe guhakana uruhare rwayo nyuma y’intambara.

Irani isanganywe umubano ukomeye wa gisirikare n’ubukungu n’Ubushinwa n’Uburusiya. Yananafashije cyane Uburusiya mu ntambara yabwo na Ukraine itanga drones za Shahed, kandi igurisha igice kinini cya Peteroli yayo mu Bushinwa.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities