Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Abakinnyi b’Amavubi Bahembwe Iritubutse Nyuma yo Kwegukana FIFA Series 2026

Buri mukinnyi yahawe miliyoni 7 Frw nyuma yo kwegukana Fifa Series 2026

Panorama Sports

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yahembwe agatubutse nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya FIFA Series 2026, aho buri mukinnyi yahawe agahimbazamusyi karenga miliyoni 7 Frw nk’ishimwe ry’imbaraga bagaragaje.

Ku wa 30 Werurwe 2026, Amavubi yasoje iri rushanwa yitwaye neza, atsinda ikipe y’igihugu ya Estonia ibitego 2-0, yegukana igikombe mu marushanwa yabereye mu Rwanda kuva ku wa 26 kugeza ku wa 30 Mata 2026.

Muri uwo mukino wa nyuma, abakinnyi barimo Biramahire Abeddy na Mikels Leroy Jacques ni bo batsinze ibitego byahesheje u Rwanda intsinzi, bagaragaza urwego rwiza rw’imikinire.

Nyuma y’iyi ntsinzi, abakinnyi n’abatoza bashimiwe ku buryo bugaragara n’abayobozi batandukanye. Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yabagejejeho ubutumwa bwo kubashimira, anabamenyesha ko bashimishije Nyakubahwa perezida wa repubulika Paul Kagame, wabakurikiranye muri iyi mikino.

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye agaragaza ko abakinnyi bose bahawe agahimbazamusyi karenze kure ayo basanzwe bahabwa, kuko ubusanzwe bahabwaga amafaranga ari hafi miliyoni ebyiri nyuma yo gutsinda. Ibi byiyongereye ku buyobozi bwa Shema Ngoga Fabrice uyoboye FERWAFA, hagamijwe kongerera abakinnyi imbaraga no kubashishikariza gukomeza kwitwara neza.

Iyi ntsinzi kandi yagize ingaruka nziza ku mwanya w’u Rwanda ku rutonde mpuzamahanga, aho Amavubi yazamutseho imyanya ibiri, ava ku mwanya wa 130 agera ku wa 128 ku rutonde rw’agateganyo.

Ibi byagaragaje intambwe ikipe y’igihugu ikomeje gutera, mu rugendo rwo kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru mu Rwanda no guhesha ishema Abanyarwanda ku rwego mpuzamahanga.

Buri mukinnyi yahawe miliyoni 7 Frw nyuma yo kwegukana Fifa Series 2026

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities