Imikino yo kwishyura ya 1/4 cya UEFA Champions League yasojwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2026, aho umukino wari utegerejwe na benshi wabereye kuri Allianz Arena wahuje FC Bayern Munich na Real Madrid.
Uyu mukino watangiye ku muvuduko udasanzwe, aho ku munota wa mbere gusa, umunyezamu Manuel Neuer yakoze ikosa rikomeye, Arda Güler ahita aribyaza umusaruro atsinda igitego cya mbere cya Real Madrid.
Icyakora Bayern Munich ntiyacitse intege, kuko ku munota wa 6 Aleksandar Pavlović yahise yishyura ku mupira wa koruneri wari utewe na Joshua Kimmich.
Real Madrid yongeye kuyobora umukino ku munota wa 29, ubwo Arda Güler yongeye gutsinda igitego cya kabiri. Gusa Bayern yakomeje gusatira, maze ku munota wa 38 Harry Kane atsinda igitego cyo kwishyura, ahawe umupira na Dayot Upamecano.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Kylian Mbappé yatsinze igitego cya gatatu cya Real Madrid, ku mupira yari ahawe na Vinícius Júnior.
Mu gice cya kabiri, Bayern Munich yagaragaje imbaraga nyinshi ishaka kugaruka mu mukino, ariko Real Madrid nayo igakomeza kwihagararaho. Mbappé yongeye kugerageza gutsinda, ariko Neuer aratabara.
Ku munota wa 70, Mbappé yahaye umupira mwiza Vinícius Júnior wari ufite amahirwe yo gutsinda, ariko ntiyawubyaza umusaruro. Nyuma y’aho, ku munota wa 86, Eduardo Camavinga yahawe ikarita itukura nyuma yo kubona iya kabiri y’umuhondo, bituma Real Madrid isigarana abakinnyi 10.
Bayern Munich yahise ikomeza gushyira igitutu, maze ku munota wa 89 Luis Díaz atsinda igitego cya gatatu, ku mupira yari ahawe na Jamal Musiala.
Mu minota y’inyongera, ku munota wa 90+4, Michael Olise yatsinze igitego cya kane, bituma Bayern Munich isezerera Real Madrid ku giteranyo cy’ibitego 6-4, ikomeza muri 1/2 cy’irushanwa.
Mu wundi mukino wabaye kuri uwo munsi, Arsenal yanganyije na Sporting CP 0-0, ariko ihita iyisezerera kuko yari yayitsinze 1-0 mu mukino ubanza.
Amakipe ane azakina 1/2 cya Champions League uyu mwaka ni Paris Saint-Germain, Atlético Madrid, Bayern Munich ndetse na Arsenal, bikaba bitegerejwe ko imikino izahuza aya makipe izaba ikomeye cyane.

FC Bayern Munich yo mu Budage yasezereye Real Madrid yo muri Espagne iyibuza kwinjira muri 1/2 cya UCL














































































































































































