Ikipe ya Etincelles FC yegukanye intsinzi y’ibitego 2-1 imbere ya APR FC, mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026.
Ni umukino watangiye utinzeho gato nyuma y’ibibazo byabaye mbere y’uko utangira, aho abakinnyi Dauda Yusif wa APR FC na Gedeon Ndonga Bivula wa Etincelles FC batinze kwinjira mu kibuga, ibintu byavugishije benshi.
Mu gutangira k’umukino, APR FC yagaragaje kudahuza mu kibuga, ibintu byahaye amahirwe ikipe ya Etincelles FC yo kwinjira mu mukino neza. Ku munota wa 29, Iraguha Awadi yafunguye amazamu, atsinda igitego cya mbere ku burangare bw’ubwugarizi bwa APR FC.
Etincelles FC yakomeje gushyira igitutu ku izamu rya APR FC, maze ku munota wa 33 Dusabimana Anselme atsinda igitego cya kabiri, nabwo giturutse ku makosa y’abakinnyi b’inyuma ba APR FC.
APR FC yagerageje kwishyura mu gice cya kabiri ariko uburyo bwinshi ntiyabubyaza umusaruro. Byasabye iminota, aho ku munota wa 96 Cheick Djibril Ouattara yabonye igitego cy’impozamarira, nyuma yo guca mu bwugarizi bwa Etincelles FC akinjiza umupira mu izamu.
Umukino warangiye Etincelles FC itsinze ibitego 2-1, intsinzi yatumye igira amanota 25 ikomeza guhatanira kuva mu myanya y’inyuma, mu gihe APR FC yagumye ku mwanya wa kabiri n’amanota 52.
Uyu mukino kandi wasize inkuru ku mvune y’umukinnyi wa APR FC, Ronald Ssekiganda, wavunitse agasimbuzwa Ngabonziza Pacifique, bikaba byagize ingaruka ku mikinire y’iyi kipe.
Icyakora, ikigaragara cyane cyavuzweho ni uko mbere y’umukino hari humvikanye amagambo ajyanye n’amarozi, ibintu byavugwaga ko byagize uruhare mu gutinda kwinjira mu kibuga kwa bamwe mu bakinnyi, bikomeza kongera impaka mu bakunzi b’umupira w’amaguru ku byabereye kuri uwo mukino.

APR FC yatakarije amanota 3 i Rubavu
















































































































































































