Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Al Hilal na Al Merrikh zikina shampiyona y’u Rwanda nizo zigaragara mu makipe 50 akomeye muri Afurika

Amakipe abiri yo muri sudani akinira hano mu Rwanda yaje kurutonde rw'amakipe 50 muri africa yitwaye neza

Amakipe abiri yo muri Sudani akina muri Shampiyona y’u Rwanda, Al Hilal SC na Al Merrikh SC, yagaragaye ku rutonde rw’amakipe 50 yitwaye neza ku mugabane wa Afurika, rwasohotse ku wa Kane tariki 23 Mata 2026.

Uru rutonde rugaragaza uko amakipe yitwaye mu marushanwa mpuzamahanga mu gihe cy’imyaka igera kuri itanu ishize, rushingiye ku manota yakusanyijwe muri iyo myaka. Nubwo u Rwanda rufite amakipe menshi akina ku rwego rw’imbere mu gihugu, nta n’imwe muri zo yagaragaye kuri uru rutonde, usibye aya makipe abiri yo muri Sudani asanzwe akinira hano.

Al Hilal SC yigaragaje cyane kuri uru rutonde, iza ku mwanya wa cyenda, biturutse ku musaruro mwiza yagiye igaragaza mu marushanwa Nyafurika, aho iheruka kugera muri kimwe cya kane cya CAF Champions League, ikaba ari ho yakuye amanota menshi ayishyira muri aya makipe akomeye.

Ku rundi ruhande, Al Merrikh SC na yo iri kuri uru rutonde, aho iza ku mwanya wa 38, nayo ishingiye ku musaruro wayo mu marushanwa mpuzamahanga.

Ku isonga ry’uru rutonde haza ikipe ya Mamelodie Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, yitwaye neza mu bihe bitandukanye birimo no kwegukana igikombe cya CAF Champions League cya 2023/2024, ndetse ikaba yaranageze ku mukino wa nyuma muri shampiyona ya 2025/2026.

Ikipe ya Al Ahly SC iza ku mwanya wa kabiri, ikaba ari imwe mu makipe afite amateka akomeye muri Afurika, mu gihe Pyramids FC iheruka kwegukana iki gikombe yo iri mu myanya ya mbere kuri uru rutonde.

Hari n’andi makipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba agaragara kuri uru rutonde, arimo Young Africans, Simba SC na Azam FC, akomeje kwitwara neza mu marushanwa Nyafurika.

Uru rutonde rugaragaza uko amakipe amwe n’amwe akomeje kuzamura urwego mu mikino Nyafurika, ndetse rinerekana icyuho kikiri mu makipe y’u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga.

Amakipe abiri yo muri sudani akinira hano mu Rwanda yaje kurutonde rw’amakipe 50 muri africa yitwaye neza

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities