Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

UEFA Champions League: Imvura y’ibitego mu mukino wahuje PSG na Bayern

Ibitego 9 mu mukino waguje PSG na Bayern mugushaka tike ya finali ya UCL

Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye intsinzi ikomeye imbere ya FC Bayern Munich mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, itsinze ibitego 5-4 mu mukino waranzwe n’ishyaka n’ibitego byinshi ku mpande zombi.

Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, ukaba wari utegerejwe cyane n’abakunzi b’umupira w’amaguru, bamwe bakawufata nk’aho ari nk’umukino wa nyuma waje hakiri kare bitewe n’imbaraga z’aya makipe yombi.

FC Bayern Munich ni yo yafunguye amazamu ibifashijwemo na penaliti yinjijwe na Harry Kane, ariko PSG ntiyatinze kwishyura igitego cyatsinzwe na Khvicha Kvaratskhelia, ibintu byahise bisubiza umukino ku murongo.

PSG yakomeje kugaragaza imbaraga, iza kubona igitego cya kabiri giturutse ku mupira wa koruneri watewe na Ousmane Dembélé, Joao Neves awushyiraho umutwe awinjiza mu izamu. Gusa Bayern Munich yakomeje gukina umukino wayo usanzwe wo guhererekanya neza, iza kubona igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Michael Olise nyuma yo kunyura mu bakinnyi ba PSG.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, PSG yongeye kubona penaliti nyuma y’uko umupira wa Dembélé ukozweho n’ukuboko na Alphonso Davies, maze Dembélé ayitsinda neza.

Mu gice cya kabiri, PSG yagaragaje ubukana bwinshi, ibona ibitego bibiri mu minota mike, byinjijwe na Kvaratskhelia na Dembélé, bituma umukino uhindura isura.

Nubwo byari bimeze bityo, Bayern Munich ntiyacitse intege, yongera kwinjiza ibitego bibiri byatsinzwe na Upamecano na Luis Díaz, ikomeza gushyira igitutu kuri PSG mu minota ya nyuma, ariko amahirwe yo kwishyura ntiyabyara umusaruro.

Umukino warangiye PSG itsinze ibitego 5-4, mu mukino wagaragaje urwego rwo hejuru rw’imikinire n’ihangana rikomeye hagati y’amakipe yombi.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe mu cyumweru gitaha tariki 6 Gicurasi 2026, uzabera mu Budage ku kibuga cya Bayern Munich, aho hazamenyekana ikipe izerekeza ku mukino wa nyuma.

Ku rundi ruhande, indi mikino ya ½ irakomeza kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mata 2026, aho Arsenal FC irasura Atletico Madrid saa tatu z’ijoro.

Ibitego 9 mu mukino waguje PSG na Bayern mugushaka tike ya finali ya UCL

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities