Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, ari i Kampala ahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo kurahira wa Perezida Museveni uherutse gutorwa indi manda ya karindwi azayoboramo imyaka itanu.
Kuri uyu wa Kabiri nibwo Museveni azarahirira ahitwa Kololo Independence Grounds rwagati muri Kampala.
Hari Abakuru b’ibihugu 35 bazitabira iri rahiro n’abayobozi b’amashyaka akomeye muri Afurika nka RPF-Inkotanyi (Rwanda), ANC (Afurika y’Epfo), CCM (Tanzania), ZANU-PF (Zimbabwe), na FRELIMO (Mozambique) nabo baratumiwe ngo bazabe bahari.
Abakuru b’ibihugu bazirabira ni Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, uwa Djibout Ismail Omar Guelleh ndetse n’intumwa z’Abakuru b’ibihugu bya Algeria n’abandi.
Komisiyo y’amatora ya Uganda yemeje ko Yoweri Museveni yatsinze amatora ya perezida n’amajwi 71% mu gihe uwo bari bahatanye cyane Robert Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine yagize amajwi 24%, abasigaye batandatu basaranganya 1%.
Narangiza iyi manda hazaba ari mu mwaka wa 2031 akazaba afite imyaka 88 y’amavuko.

















































































































































































