Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Guardiola agiye gusezera muri Manchester City

Pep Guardiola yafashije ikipe ya Manchester City gutwara ibikombe bitandukanye harimo n'icya UEF Champions League

Umutoza w’Umunya-Espagne Pep Guardiola ari mu nzira zo gusoza urugendo rwe muri Manchester City nyuma y’imyaka icumi ayitoza, aho biteganyijwe ko azava muri iyi kipe uyu mwaka w’imikino urangiye.

Ikinyamakuru Dail Mail dukesha aya makuru, cyanditse ko uyu mutoza w’imyaka 55 yafashe icyemezo cyo gusezera nyuma yo gufasha Manchester City kugera ku rwego rwo hejuru ku mugabane w’u Burayi no mu Bwongereza.

Muri iyo myaka amaze muri iyi kipe yo mu mujyi wa Manchester, Guardiola yayihesheje ibikombe 20 bitandukanye, harimo ibikombe bitandatu bya Shampiyona y’u Bwongereza ndetse na UEFA Champions League ya mbere mu mateka y’iyi kipe.

Icyo cyemezo kije nyuma y’uko Manchester City iherutse kwegukana FA Cup itsinze Chelsea ku mukino wa nyuma wabereye i Wembley, mu gihe ikipe ikomeje no guhatanira igikombe cya shampiyona y’Abongereza, English Premier League hamwe na Arsenal.

Bivugwa ko ubuyobozi bwa Manchester City bwatangiye kumenyesha abafatanyabikorwa bayo ko uyu mutoza ashobora gutangaza ku mugaragaro ugusezera kwe mu minsi ya vuba, ndetse hakaba hateganyijwe ibirori byo kumushimira ku byo yagejeje kuri iyi kipe.

Nubwo Guardiola agifite undi mwaka umwe ku masezerano ye, amakuru ava hafi y’iyi kipe avuga ko yamaze gufata umwanzuro wo guhagarika akazi ko gutoza Manchester City nyuma y’uyu mwaka w’imikino.

Mu bashobora gusimbura Guardiola harimo Enzo Maresca wahoze atoza Chelsea ndetse na Vincent Kompany utoza Bayern Munich.

Manchester City iracyafite imikino ibiri ya nyuma ya shampiyona, harimo uwo izahuramo na Bournemouth mbere yo kwakira Aston Villa ku mukino wa nyuma wa Guardiola muri Premier League nk’umutoza wa City.

Pep Guardiola yafashije ikipe ya Manchester City gutwara ibikombe bitandukanye harimo n’icya UEF Champions League

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities