Moise Bokasa, umukozi wa Komisiyo y’igihugu y’amatora yabitangaje ubwo yaganiraga n’abanyamakuru b’abagore bari mu mahugurwa y’amatora ya Perezida wa Repeburika, aho yagarutse ku byo utora agomba kuba yujuje n’uburyo abemerewe gutora abo aribo bab bujuje.
Avuga ko utora akwiye kuba hari ibyo yujuje kugira ngo abyemererwe, ati “iby’ibanze bisabwa ngo umuturage atore agomba kuba yujuje imyaka cumi n’umunani (18) y’amavuko, kuba yanditse kuri lisiti y’itora, atuye mu Rwanda cyangwa mu mahanga; uri mu Rwanda yiyandikishiriza mu mudugudu atuyemo naho uba mu mahanga yiyandikishariza muri Ambasade y’u Rwanda y’igihugu abarizwamo”.
Bokasa yakomeje avuga ko hari n’abatemerewe gutora. Ati “hari abanyarwanda batemerewe gutora baribaruje, bujuje n’imyaka yo gutora. Kuba yarambuwe uburenganzira n’inkinko zibifitiye ububasha nk’uko biteganywa n’amategeko. Abo ni abahamijwe ibyaha bidasubirwaho (urubanza rwarabaye itegeko), barakatiwe burundu ibyo baha harimo gusambanya abana, ibyaha byibasiye inyoko muntu, icyaha cy’ubwicanyi n’ubuhotozi, ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi agakatirwa burundu, ufunze cyangwa impunzi.
Mutesi Scovia












































































































































































