Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Kenya yashyize amananiza ku banyamategeko bize mu Rwanda

Abadepite bo muri Kenya bafashe umwanzuro wo guhagarika abanyamategeko bize mu Rwanda bababuza gukora umurimo w’ubwunganizi mu mategeko muri icyo gihugu. Si abanyarwanda n’abarundi bakumiriwe gusa ahubwo n’abanyakenya bize mu ishuri ryo mu Rwanda bimwe ubwo burenganzira.

Inkuru yatangajwe na The Eastafrican igaragaza ko Kenya yahagaritse abanyamategeko b’u Rwanda n’u Burundi gukorera muri iki gihugu kugeza igihe abunganira mu mategeko baho bemerewe gukorera mu bihugu byombi ku buryo budasubirwaho.

Komite y’ubutabera mu Nteko ishinga amategeko yifuza ko ibihugu byose bigize Afurika y’Iburasirazuba byakemura iki kibazo mbere y’uko Kenya ifungura ubucuruzi mu nzego z’amategeko ku Rwanda, u Burundi na Sudani y’Epfo.

Nubwo bimeze gutya gusa muri iki gihe abanyamategeko bo muri Tanzaniya na Uganda bo bemerewe gukora imirimo y’amategeko muri Kenya hakurikijwe ibivugwa mu ngingo ya 12 n’iya 13 z’itegeko ry’abavoka.

Abavoka 13 bo muri Kenya, ubu barimo gukora ubuvugizi mu Ihuriro ry’abavoka mu Rwanda (RBA: Rwanda Bar Association), basabye Inteko ishinga amategeko ya Kenya kwihutisha gukurikirana iyinjizwa ry’u Rwanda n’u Burundi mu itegeko ry’abavoka kugira ngo umucamanza mukuru arahire kandi yandikishe abimenyereza umwuga baturutse mu bihugu byombi kwimenyereza muri Kenya.

Komite y’Inteko yashyigikiye impungenge z’Ubucamanza n’Inama ishinzwe uburezi mu by’amategeko ku bijyanye no kutagira uburinganire mu byangombwa byo kwemererwa kwiga impamyabumenyi y’amategeko mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Me Julien Gustave Kavaruganda yabwiye Ikinyamakuru Panorama ko bo nta kibazo u Rwanda rufite ku bavoka baturutse muri kenya, ahubwo ikibazo gihari kugeza ubu ari uko abanyakenya batemererera abanyamategeko bize mu ishuri ry’amategeko mu Rwanda (ILPD) yaba abanyarwanda cyangwa abanyamahanga gukorera muri Kenya.

Agira ati “Ikibazo gifite abadepite baho badashaka guhuza n’amategeko agenga Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ku rujya n’uruza rwa Serivisi. Usanga bazitira cyane abize mu ishuri ryo mu Rwanda, nyamara twebwe mu Rwanda iyo umuntu yahawe uburenganzira bwo kunganira abandi ahoy aba yarakoze hose, twe duha agaciro urwo rwego.”

Me Kavaruganda yongeraho ko bashobora kuba bafite impungenge urwego Ishuri ry’amategeko ry’u Rwanda (ILPD) rimaze kugeraho ndetse n’abanyamategeko bo mu Rwanda bamaze kugera, ku buryo bakwisanga babaye benshi ku isoko ryo muri Kenya. Ikindi avuga ni uko hakwiye kubaho ihuza ry’amategeko ndetse no guha agaciro impamyabushobozi z’abize mu yandi mashuri y’amategeko ya EAC.

Manirakiza Olivier

1 Comment

1 Comment

  1. MUSEMAKWELI Prosper

    November 8, 2021 at 13:41

    Rwanda Bar Association wayitiranya nabamwe batubwira amakuru bavuga pe mujye mubisobanura mu magambo!! Hagataho umuntu ava Kenya akaza kwiga mu Rwanda? ninko kuva Riviera ukajya kwiga APACOPE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Régis Rugemanshuro, yemeza ko umwaka wa 2025 usize umutungo wayo wikubye kabiri mu myaka itanu ishize ubu ukaba ari Miliyari...

Amakuru

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije na bagenzi babo bo muri Jamaica  (JDF) mu mirimo  yo gusana ibyangijwe n’ibiza mu...

Amakuru

Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC batangajwe nk’abakinnyi bashya ba El Merriekh FC Bentiu. Bibaye  nyuma y’uko Serumogo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities