I Dubai muri Leta ziyunze z’Abarabu hatangiye irushanwa ry’imitwe yihariye yaza Polisi n’ingabo zo mu bihugu byatoranyijwe birimo n’u Rwanda.
Iri rushanwa ngarukamwa ryitwa N UAE SWAT Challenge ritegurwa n’Urwego rwa Polisi ya Dubai ku bufatanye n’abandi.
Abagize itsinda ry’u Rwanda mbere yo guhatana, babanje kuganirizwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta ziyunze z’Abarabu Amb. John Mirenge.
Mbere yo kubifuriza intsinzi, yabanje kubasaba kuzesa imihigo bakazataha iwabo bemye.
CP George Rumanzi uyoboye iryo tsinda yavuze ko uko imyaka ishira, ari ko iryo rushanwa riba ishiraniro kuko ryitabirwa n’amakipe akomeye.
Uko bimeze kose, Rumanzi yasezeranije ko itsinda ayoboye rizitwara neza.
Ubusanzwe, irushanwa UAE SWAT Challenge rihuza imitwe yihariye ya polisi n’ingabo zishinzwe umutekano (SWAT / Special Forces) yo mu bihugu bitandukanye, rigamije gupiganwa mu kwerekana ubushobozi bwo ku rwego rwo hejuru mu bikorwa by’umutekano birimo gutabara aho rukomeye, kumenya uko babohoza abagizwe ingwate n’abagizi ba nabi n’ibindi.
Ribera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, rigategurwa n’Urwego rwa Polisi ya Dubai.
Amakipe apimirwa ku bintu bijyanye n’akazi ko kurinda umutekano, birimo kurwanya iterabwoba no kwinjira ahantu hafunganye, kurasa neza mu gipimo kandi mu gihe gito, gutabara abashimuswe cyangwa abafunzwe, gukorana nk’ikipe mu bihe bigoye, imbaraga z’umubiri no kwihanganira imvune, hamwe no gufata ibyemezo byihuse mu bihe by’akaga.
Amakipe ahabwa amanota hashingiwe ku muvuduko yakozemo akazi, umutekano, gukorera hamwe no kubahiriza amategeko y’irushanwa.
Ryatangijwe mu mwaka wa 2019, iry’uyu mwaka ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 rikazageza tariki 11 uko kwezi, rikaba riri kuba ku nshuro ya karindwi.
Mu mwaka wa 2024, Ikipe ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu n’ikipe ya mbere ya Polisi y’u Rwanda ni zo zitwaye neza mu cyiciro cyo kunyura mu nzira z’inzitane mu gihe ikipe ya kabiri ya Polisi y’u Rwanda yaje ku mwanya wa gatandatu.
Umwaka ushize (2025), ikipe y’u Rwanda ya Polisi yegukanye umudali wa zahabu mu cyiciro cyo kunyura mu nzira z’inzitane.













































































































































































