Jackson Kwizera
DHAKA, 13 Gashyantare inkuru dukesha ikigo ntaramakuru cy’Abongereza (Reuters), Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Bangladesh Nationalist Party (BNP), ryatsinze amatora y’abadepite ku buryo bw’umurengera ku wa Gatanu.
Iyi nsinzi yatumye iri shyaka risubira ku butegetsi nyuma y’imyaka hafi makumyabiri, ndetse rituma umuyobozi waryo Tarique Rahman ateganyizwa kuba Minisitiri w’Intebe mu gihe igihugu gisohoka mu mezi menshi y’imvururu n’ihungabana ry’ubukungu.
Rahman, umuhungu w’uwabaye Minisitiri w’Intebe, Khaleda Zia, yagarutse i Dhaka mu kwezi k’Ukuboza nyuma y’imyaka hafi makumyabiri aba mu mahanga, ahura n’ibibazo byihutirwa birimo kugarura ituze rya politiki, kuzahura icyizere cy’abashoramari no kongera kubaka inganda z’ingenzi, zirimo n’urwego rw’imyenda, nyuma y’igihe kirekire cy’imvururu zakurikiye ihirima ry’ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe wahoze ari Sheikh Hasina umwaka ushize.
Ibarura riheruka ry’amajwi mu matora yafashwe nk’aya mbere arimo guhatana mu buryo buboneye mu myaka myinshi muri iki gihugu cyo muri Aziya y’Amajyepfo, ryahaye BNP n’abo bafatanyije nibura imyanya 212 kuri 299 yahatanirwa, nk’uko televiziyo y’igihugu yabitangaje. Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Jamaat-e-Islami n’abo bafatanyije begukanye imyanya 70 mu Nteko Ishinga Amategeko (Jatiya Sangsad).
Komisiyo y’Amatora yatangaje ko BNP yabonye imyanya 181, Jamaat-e-Islami ibona 61, andi mashyaka abona 7, kandi ibisubizo byuzuye byitezwe mu masaha ari imbere.
Ibisubizo byo mu turere tumwe na tumwe biracyabarurwa, kandi ibisubizo bya nyuma byitezwe mu masaha make ari imbere, nk’uko komisiyo y’amatora yabitangaje, ariko itangazo rya gazeti ya Leta rizasohoka nyuma y’iminsi mike, bishobora gutinza irahira rya guverinoma nshya.
Nk’uko Itegeko Nshinga ribiteganya, guverinoma nshya ntishobora kurahirizwa hatarasohoka itangazo rya gazeti ya Leta ritangaza ibisubizo.
BNP yashimiye abayishyigikiye nyuma y’uko icyerekezo cy’amatora kimaze kugaragara, inasaba amasengesho yihariye ku wa Gatanu asabira igihugu n’abaturage bacyo.
Nubwo yatsinze ku majwi menshi, ishyaka ryavuze ko nta myigaragambyo cyangwa imyiyereko y’ibyishimo igomba gutegurwa.
Ishyaka National Citizen Party (NCP) riyobowe n’urubyiruko rwagize uruhare rukomeye mu guhirika ubutegetsi bwa Hasina, ryegukanye imyanya itanu gusa kuri 30 ryari rihatanira. NCP yari iri mu ihuriro riyobowe na Jamaat.
Ibisubizo bisobanutse byafashwe nk’ingenzi mu kugarura ituze muri iki gihugu gifite abaturage miliyoni 175, nyuma y’amezi menshi y’imyigaragambyo yahitanye benshi irwanya Hasina, ikanahungabanya ubuzima bwa buri munsi n’inganda zirimo n’iz’imyenda. Bangladesh ni igihugu cya kabiri ku isi mu kohereza imyenda mu mahanga.
Selim Raihan, umwarimu w’ubukungu muri Kaminuza ya Dhaka, yagize ati: “Kugira ubwiganze bukomeye biha BNP imbaraga mu nteko zo gutambutsa amavugurura vuba no kwirinda kudindira kw’amategeko. Ibyo bishobora gutanga ituze rya politiki mu gihe gito.”
Mu migabo n’imigambi yayo, BNP yasezeranyije gushyira imbere guhanga imirimo, kurinda ingo zifite amikoro make n’abatishoboye, no guharanira ibiciro biboneye ku bahinzi.
Josna Begum, ufite imyaka 28, ukora mu ruganda rw’imyenda akaba n’umubyeyi w’abana babiri, yagize ati: “Icy’ingenzi kuri twe ni uko inganda zikora buri gihe kandi tukabona umushahara ku gihe. Nifuza ko guverinoma ya BNP igarura ituze kugira ngo amabwiriza y’akazi yiyongere kandi tubashe kubaho.”
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi, uwa Pakistan Shehbaz Sharif, ndetse n’Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Bangladesh, Brent T. Christensen, bari mu ba mbere bashimiye Rahman ku ntsinzi y’ishyaka rye.
Jamaat-e-Islami yemeye ko yatsinzwe ku wa Kane nijoro ubwo byagaragaraga ko itsinzwe, ariko itangaza ko “itishimiye” uko amatora yakozwe, isaba abayoboke bayo kwihangana.
Iryo shyaka ryabonye imyanya 70 mu Nteko Ishinga Amategeko, ari na yo myinshi ribonye kuva ryatangira kwitabira amatora, rikaba ryari ryongeye kwitabira bwa mbere kuva ribujijwe mu 2013 ubwo ryamburwaga uburenganzira bwo kwiyandikisha. Urukiko rwo muri Bangladesh rwari rwaravuze ko itegekonshinga ryaryo rinyuranyije n’amahame ya secularism. Icyo gihano cyakuyeho nyuma y’ihirikwa rya Hasina.
Hasina, ubu uba mu buhungiro i New Delhi, amaze igihe kirekire agenzura politiki ya Bangladesh hamwe na nyina wa Rahman, mu gihe se wa Rahman yari umwe mu bayobozi bakomeye mu rugamba rwo kwigenga kwa Bangladesh, ayobora igihugu kuva mu 1977 kugeza mu 1981 mbere y’uko yicwa.
Intsinzi ya BNP irenze imyanya 200 ni imwe mu zikomeye mu mateka yayo, iruta iyo yabonye mu 2001 (imyanya 193), nubwo ishyaka rya Hasina rya Awami League ryigeze kubona imyanya 230 mu 2008. Ariko amatora yo mu yindi myaka yaranzwe no kutitabira kwa rimwe mu mashyaka akomeye biteza impaka zikomeye.
Mu ijoro ryakurikiye amatora, imbaga y’abashyigikiye BNP yaraye yishimira itsinzi ku cyicaro gikuru cy’ishyaka i Dhaka.
Ubwitabire bw’amatora bwarenze 42% bwari bwagaragaye mu matora ya 2024, aho ibitangazamakuru byavuze ko hafi 60% by’abiyandikishije batoye ku wa Kane.
Abakandida barenga 2,000, barimo benshi biyamamaje ku giti cyabo, bari ku ilisiti y’itora, irimo amashyaka nibura 50, umubare utarigeze ubaho mbere. Mu gace kamwe, amatora yasubitswe nyuma y’urupfu rw’umukandida.
Televiziyo Jamuna TV yatangaje ko abarenga miliyoni 2 batoye “Yego” mu matora ya referandumu ku mavugurura y’Itegeko Nshinga yabereye hamwe n’amatora, mu gihe abarenga 850,000 batoye “Oya”, ariko nta tangazo rya leta ryari ryasohotse ku byavuye muri iyo referandumu.
Ayo mavugurura ateganya gushyiraho manda ebyiri gusa kuri Minisitiri w’Intebe, kongera ubwigenge bw’ubucamanza no guteza imbere ihagararirwa ry’abagore, gushyiraho guverinoma y’agateganyo itabogamye mu gihe cy’amatora, no gushyiraho umutwe wa kabiri w’inteko mu nteko igizwe n’abadepite 300.













































































































































































