Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubutabera

I Paris: Urukiko rugiye kuburanisha mu bujurire Muhayimana Claude wahamijwe ubufatanyacyaha muri jenoside

Muhayimana Claude, uri kuburanishwa mu bujurire

UMUBYEYI Nadine Evelyne

Nyuma yo kumuhamya ibyaha, mu Ukuboza 2021, agahanishwa gufungwa imyaka 14, Urukiko rwa rubanda (Cour d’Assises de Paris) mu Bufaransa, urugereko rw’ubujurire rugiye kongera kuburanisha Muhayimana Claude, wajuriye kuko ahakana ibyaha ashinjwa.

 

Muhayimana Claude ufite imyaka 65, yashinjwe kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye (ubu ni mu Karere ka Karongi), ari na ho yavukiye mu mwaka wa 1961, ahitwa i Gitesi.

 

Mu gihe cya jenoside, Muhayimana yatwaraga imodoka mu mushinga w’uburobyi bwakorwaga mu kiyaga cya Kivu na ‘Guest House’ ya Kibuye, nyuma yaje guhungira mu Bufaransa atura mu mujyi wa Rouen, ndetse mu mwaka wa 2010 yahawe ubwenegihugu.

 

Uru urubanza ruteganyijwe gutangira ku itariki ya 03 Gashyantare 2026, rukazapfundikirwa ku wa 27 Gashyantare 2026. Hakazatangira humvwa abatangabuhamya, bazagera kuri 50 barimo abashinja n’abashinjura; aho 20 muri bo bazumvwa batavuye mu Rwanda, hifashishijwe ‘iya kure’.

 

Mu mwaka wa 2021, Urukiko rwa rubanda (Cour d’Assises de Paris) rwari rwahamije Muhayimana Claude, ibyaha birimo ubufatanyacyaha muri jenoside, aho rwemeje ko yatwaraga Interahamwe zijya kwica Abatutsi, yahamijwe kandi uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu, ahanishwa gufungwa imyaka 14.

 

Kuva ku itariki ya 16 Ukuboza 2021, Muhayimana Claude wahamijwe ibyaha n’urugereko rw’iremezo rw’urukiko rwa rubanda (Cour d’Assises de Paris) mu Bufaransa, yarafunzwe, nyuma y’umwaka umwe arafungurwa, akomeza gukurikiranirwa hanze.

 

Muhayimana Claude yahise ajurira kuri ibi bihano ndetse n’ubushinjacyaha burajurira, nk’uko urukiko rwari rwagaragaje ko rutakwemeza ko yagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu mujyi wa Kibuye; kuko Muhayimana we yavuze ko mu gihe bwakorwaga yari ari mu Ruhengeri, aho yari yajyanye umurambo w’umujandarume wari wapfiriye mu Bisesero, ari na byo yifashishije ahakana ibyaha ashinjwa.

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities