Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abakoraga Akazi ko Gushyingura mu Irimbi rya Rugarama Baravuga ko Bahombye Nyuma yo Kuzura Kwaryo

Bamwe mu bagabo bakoraga imirimo yo gucukura imva no gushyingura abapfuye mu irimbi rya Rugarama Cemetery, riherereye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko ubuzima bwabo bwahindutse nyuma y’uko iri rimbi ritagikoreshwa kuko ryamaze kuzura.

Aba bagabo bakoraga ibi biraka bavuga ko aka kazi kari isoko y’ingenzi y’amafaranga yabafashaga kwita ku miryango yabo no kwiteza imbere. Bemeza ko igihe irimbi ryari rigikoreshwa babonaga akazi kenshi, cyane cyane iyo habaga hari abantu benshi bapfuye.

Umwe muri bo yavuze ko nubwo bishobora kumvikana nabi iyo umuntu avuze ko inyungu yabonekaga igihe habaga impfu, ngo si uko baba babyifuriza abantu nkuko byanditswe n’Ikinyamakuru Ukweli Times.

Ati: “Ntitwifuza ko abantu bapfa, ariko ni ukuri aka kazi kari kadufatiye runini. Kuba irimbi ritagikoreshwa byatumye tubura aho twakuraga amafaranga yo gutunga imiryango yacu.”

Yakomeje asobanura ko kera yashoboraga kubona ibiraka byinshi mu gihe gito, nko gucukura imva ebyiri cyangwa eshatu ku munsi umwe, cyangwa gufasha mu gushyingura, bigatuma yinjiza amafaranga amufasha mu mibereho ye ya buri munsi.

Avuga ko mu kwezi yashoboraga kubona amafaranga agera ku bihumbi 150 by’amafaranga y’u Rwanda avuye muri ako kazi, amafaranga yafashaga cyane umuryango we.

Nanone kandi Mutwarangabo nawe yemeza ko kuba irimbi rya Rugarama ryaruzuye bigatuma ritagishyingurwamo byamugizeho ingaruka zikomeye. Yagize ati:“Biragoye kuvuga ko ibintu byakomeje kugenda neza nyuma y’uko irimbi rifunze. Aha ni ho nakuraga amafaranga yamfashaga mu buzima bwa buri munsi.”

Mutwarangabo asobanura ko aka kazi kamufashije kugera ku bikorwa byinshi birimo kubaka inzu ndetse no kubona ubushobozi bwo gushaka umugore, ibintu avuga ko byaturutse ku mafaranga yakuraga mu mirimo yo gucukura imva no gushyingura.

Aba bagabo bavuga ko nyuma yo kuzura kw’iryo rimbi bagiye bashaka indi mirimo bakora, ariko ngo ntibyoroshye kubona akazi gahoraho kabinjiriza nk’uko byari bimeze mbere.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities