Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Nyamasheke: Imiryango Itandukana Itamaze Kabiri Kubera Igitutu cy’Ababyeyii

Ababyeyi bari mubatuma abana babo basenya ingo zabo kubera kubashiraho igitutu cyo gushaka

Nyamasheke abaturage benshi bagaragaza ko igitutu cyo gushinga ingo giterwa na bamwe mu babyeyi ar’imwe mu mpamvu zituma iyo miryango iba yarashakanye ishizweho igitutu, ingo zayo zihita zisenyuka zitamaze Kabiri.

Raporo y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare yasohotse muri 2019 igaragaza ko 80% by’ingo zaka gatanya mu Rwanda ziba zitamaze imyaka nibura imyaka 15 aho abatarengeje imyaka itanu bashyingiwe bwagaragaje ko aribo baba bafite ibyago byinshi byo gutandukana.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana azwi nka National Prayer Breakfast ategurwa n’Umuryango wa Rwanda Leaders Fellowship yabaye tariki 1 Gashyantare uyu mwaka, yagarutse kuri iki kibazo cya gatanya kikigaragara hano mu Rwanda, avuga ko nta mpamvu ihari yatuma abantu babiri bashakanye bananirwa kubana.

Yagize ati: “Ejobundi nasomaga ubutumwa bw’umuntu wari wanditse kumbuga nkoranyambaga ko yatashye ubukwe butatu bw’abana bari bashakanye, nyuma y’iminsi mike itageze no ku mwaka yumva ngo bose batandukanye. Abo ni bamwe batandukanye, gusa birashoboka ko bari na 30, ariko abantu babiri bananirwa kubana bate?”

Byongeye kandi nubwo hari byinshi mu bitera iki kibazo, bamwe mu rubyiruko basanga ababyeyi b’inkumi n’umusore aribo babigiramo uruhare, nkuko Christian NDAYAMBAJE umuyobozi w’inama y’igihugu y’urubyiruko ushinzwe ubukungu mu karere ka Nyamasheke asobanura iby’iki kibazo.

Yagize ati: “Ababyeyi hari igihe bakuganirije bagahora bakwibutsa ko ugomba ugomba gushaka, rimwe na rimwe bakanaguhitiramo umukobwa cyangwa umuhungu bifuza wowe udashaka, abo bantu rero iyo babanye imiryango yabo ntabwo imara Kabiri idasenyutse.”

Nanone kandi hari bamwe mu babyeyi bashishikariza abana babo gushaka abo bazabana b’bakire, ngo iyonayo ishobora kuba indi mpamvu ituma imiryango isenyuka, kuko iba yabanye akenshi hashingiwe ku mafaranga nta rukundo rubirimo.

Kuruhande ariko ababyeyi bagaragaza gushira igitutu ku bana babo ngo bashake hari igihe biterwa nuko abo baturanye baba bafite abana bashatse bigatuma nabo bifuza ibyo ku bna babo.

Bati: “Hari igihe baba babona abo baturanye ababo barashatse, cyangwa se ar’imibereho mibi, bakavuga bati ‘umwe agiye twaba tugabanyutse duhangana n’abasigaye. Nanone hari igihe imyaka iba iri kugusiga ugahitamo gupfa kugenda aho kugira ngo usazire murugo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe mibereho myiza y’abaturage Athanasie, atanga ubutumwa ku babyeyi bakora ibi avuga ko nta myaka ihari yo gushaka kandi ko igihe icyaricyo cyose umuntu ashobora gushaka.

Yagize ati: “Nta gihe ntarengwa cyo kuba umuntu yashatse, ababyeyi bereguhatira abana gushaka, ahubwo ni babigishe indangagaciro bazazana muri urwo bazajyamo, kandi bategure abana babo mugihe batarashaka kugirango nabo bazavemo ababyeyi beza mu gihe bazaba barashatse.”

Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda yagaragaje ko mu mwaka wa 2024/2025 haburanishijwe imanza 2.674 z’abashakanye basaba gutandukana, zivuye ku manza 2.833 mu mwaka 2023/2024.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities