Connect with us

Hi, what are you looking for?

Iyobokamana

Gatsibo: Umupadiri Yatawe Muri Yombi Asomera Misa Ahatemewe

Mu karere ka Gatsibo Padiri yafunzwe azira gusomera misa ahatemewe

Ku Cyumweru cya Pasika cyo ku wa 5 Mata 2026, umupadiri ukorera muri Paruwasi Gatolika ya Kiziguro yafatiwe mu Murenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo, azira kuyoborera misa ahantu hatari hemewe n’amategeko.

Amakuru avuga ko uyu mupadiri yafatiwe mu rugo rw’ababikira (couvent), aho yari yatangiye igitambo cya misa nubwo aho hantu hatari hemewe gukorerwamo ibikorwa by’amasengesho. Ibi byatewe n’uko kiliziya asanzwe akoreramo yari yarafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa n’amategeko agenga insengero.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaravu Jean Claude, yemeje aya makuru, avuga ko uwo mupadiri yari yageze muri ako gace avuye i Kiziguro, ariko agafatwa amaze gutangira igikorwa kitemewe.

Yagize ati: “Kuri uyu munsi wa Pasika hari abasengesheje bakora misa ku Benebikira ba Kabarore, ni muri ‘couvent’ ariko ntabwo bari bemerewe kuhasengera kuko kiliziya yabo irafunze kubera kutuzuza ibisabwa. Ni cyo rero bafatiwe.’’

Yasabye abaturage kubahiriza amategeko agenga amasengesho, abibutsa ko gusengera ahantu hatemewe bishobora guteza ibihano. Yongeye kubasaba kwirinda abayobozi b’amadini babashora mu bikorwa bitemewe, cyane cyane kubajyana gusengera mu nsengero zafunzwe cyangwa ahandi hatemewe.

Yagize ati: “Nta wemerewe gusengera ahantu hatujuje ibisabwa kugeza igihe inzego zibishinzwe zizemerera insengero kongera gukora mu buryo bwemewe.”

Amakuru ava mu buyobozi agaragaza ko uwo mupadiri ashobora kurekurwa nyuma yo kuganirizwa no gusobanurirwa amakosa yakoze, bikaba bishobora kurangira nta bindi bihano bikomeye afatiwe.

Hagati aho, Urwegobrw’igihugu rufite mu nshingano amadini, insengero n’imisigiti, Rwanda Governance Board (RGB) igaragaza ko insengero n’imisigiti ibihumbi birenga icyenda zimaze gufungwa kubera kutubahiriza amategeko. Icyakora, zimwe muri zo zishobora kongera gufungurwa mu gihe zizaba zujuje ibisabwa byose.

Mu karere ka Gatsibo Padiri yafunzwe azira gusomera misa ahatemewe

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities