Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ubwiyongere bw’Igihano cy’Urupfu muri RDC Gikomeje Kuvugisha Benshi

Imibare mishya yashyizwe ahagaragara n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu igaragaza ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) hakomeje kugaragara izamuka rikabije ry’abakatirwa igihano cy’urupfu, kuva muri 2024 ubwo Leta y’iki gihugu yahagarikaga icyemezo cyari kimaze igihe kibuza gushyira mu bikorwa ibyo bihano.

Raporo yakozwe ku bufatanye n’umuryango Together Against the Death Penalty n’indi miryango ikorera muri RDC, igaragaza ko mu mwaka wa 2024, abantu barenga 480 bakatiwe igihano cy’urupfu, mu gihe muri 2025 hiyongereyeho abandi 344. Ibi bikaba ari ukwiyongera gukomeye ugereranyije na 2023, aho bari 122.

Nubwo imibare y’abakatirwa urwo rupfu ikomeje kuzamuka, nta gihamya iraboneka y’uko hari abamaze kwicwa hashingiwe kuri ibyo bihano. Icyakora, abasesenguzi bagaragaza ko ubu bwiyongere bwateje ubwoba mu baturage, mu gihugu gisanzwe gifite amateka y’umutekano muke n’intambara z’urudacya.

Ubushakashatsi bwakorewe muri gereza zitandukanye, bugasura izigera kuri 20, bwagaragaje ko abantu batari munsi ya 950 bari ku rutonde rw’abakatiwe urupfu, mu gihe muri 2019 bari hafi 500.

Iyi raporo kandi igaragaza ko ubuzima bwo muri gereza bukomeje kuba bubi, aho abafunzwe bahura n’ibibazo bikomeye by’ubuzima ndetse no kubona ibiribwa, bigatuma bamwe babaho mu buzima bugoye cyane.

Ikindi cyagarutsweho ni imikorere y’inkiko, aho bigaragara ko hari imanza zitaburanishirizwa mu mucyo, bigatuma bamwe bakatirwa ibihano bikomeye badahawe amahirwe ahagije yo kwisobanura.

Abashakashatsi bagaragaje kandi ko abenshi mu bakekwaho ibyaha badafite abunganizi mu mategeko, cyangwa ubushobozi bwo kwiregura, ibituma uburenganzira bwabo bwo kuburanishwa mu mucyo butubahirizwa uko bikwiye.

Raporo isoza igaragaza ko hafi kimwe cya gatatu cy’abakatiwe urupfu bashinjwa icyaha cy’ubugambanyi bwo gukora ibyaha, bavuga ko gifite ibisobanuro bidasobanutse kandi gishobora gukoreshwa mu buryo bwagutse.

Ibi byose byatumye impuguke n’imiryango mpuzamahanga zisaba Leta ya RDC gusubiramo uburyo itanga ibi bihano, no gushyira imbere iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu n’amategeko mpuzamahanga.

Ubwiyongere bw’ibihano by’urupfu muri RDC buteye impungenge ku burenganzira bwa muntu

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities