Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ahandi

Intambara hagati ya Iran na America yaba yerekeza ku iherezo

Panorama

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wungirije wa Iran, Kazem Gharibabadi, avuga ko amasezerano y’amahoro hagati y’igihugu cye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika azashyirwaho umukono ku wa Gatanu, ibi bikaba byatangajwe n’ibitangazamakuru bya leta ya Iran.

Minisitiri Kazem Gharibabadi, yemeje kuri telefoni ya televiziyo ya Leta ko amasezerano hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yarangiye, kandi ko umukono ku mugaragaro uzashyirwaho mu Busuwisi ku wa Gatanu.

Agira ati “Umushinga [twagiranye] na Iran ubu warangiye. Ubu nemeje ko umuhora wa Hormuz ufungurwa, bikajyana no kwemeza ko ingabo za Amerika zirwanira mu mazi zari zarakumiriye ubwato [bwa Iran] zikurwaho. Ubwato bw’Isi bwatangira kugenda, ibikomoka kuri peteroli bikagera hose. Guhagarika vuba kandi burundu intambara n’ibikorwa bya gisirikare ku mpande zitandukanye harimo no muri Lebanon biratangazwa iri joro.”

Perezida Donald Trump atangaza ko ategetse ko umuhora wa Hormuz ufunguye, kandi ko gukumira amato ku ruhande rwa Iran byari byashyizweho na Amerika na byo birangiye.

Trump yasabye abafite amato anyura muri kariya gace Iran irimo gushyushya imashini, ubundi bakajya kurangura ibikomoka kuri Peteroli.

Minisitiri w’intebe wa Pakisitani na we avuga ko amasezerano y’amahoro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran yagezweho, cyakora muri iki cyumweru harimo ibyo bazakomeza kunoza.

Minisitiri w’intebe wa Pasikitani, Shehbaz Shalif, wabaye umuhuza hagati y’ibiganiro bya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, atangaza ko habaye ubwumvikane ku masezerano azasinywa hagati y’ibihugu byombi.

Abinyujije ku rukuta rwa X yatanze ubutumwa agira ati “Nyuma y’ibiganiro bikomeye, twishimiye kubatangariza ko amasezerano y’amahoro hagati ya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Leta ya Kisilamu ya Irani yagezweho. Impande zombi zatangaje ko ibikorwa bya gisirikare bihagarikwa bidatinze, kandi ku mpande zose harimo no muri Libani.”

Mu butumwa bwa Minisitiri Shehbaz Shalif, yongeyeho ko amasezerano y’amahoro azashyirwaho umukono ku wa Gatanu tariki ya 19 Kamena 2026.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa gatanu w’icyumweru dusoje, yari yatangaje ko amasezerano yo guhagarika intambara burundu hagati ya Amerika na Irani azashyirwaho umukono ku cyumweru gisojwe, ariko na cyakoze kuko Iran ntacyo yigeze itangaza ku bujyanye n’amakuru yatanze na Amerika.

Tariki ya 28 Gashyantare 2026 Leta Zunze ubumwe za Amerika ku bufatanye na Israel byagabye ibitero bikomeye kuri Iran bihitana abayobozi benshi bo hejuru mu ngabo no mu butegetsi bwa Iran, ariko Iran na yo isubiza ihindura umuyonga ibigo bya gisirikare bya Amerika biri mu bihugu bituranyi bya Iran, ndetse inarasa kuri Israel.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities