Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubukungu

Ubwizigame muri RNIT Iterambere Fund bwarazamutse bugera kuri miliyari hafi 150 Frw mu myaka 10

Mukwizihiza imyaka 10 ikigega RNIT Iterambere Fund imaze abayobozi bacyo bavuga ko inyungu zacyo zazamutse bagafasha n'umuturage kugira umuco wo kwizigama

Ubwizigame bw’abanyamigabane muri RNIT Iterambere Fund bwiyongereye ku buryo bugaragara mu myaka 10 ishize, bugera kuri miliyari 149.95 Frw mu 2026, buvuye kuri miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda iki kigega cyari gifite mu 2016.

Ibi byatangajwe ku wa 12 Nyakanga 2026, ubwo ubuyobozi bwa RNIT bwagezaga ku banyamakuru ishusho y’uko iki kigega kimaze gutera imbere mu rwego rwo guteza imbere umuco wo kwizigamira no gushora imari.

Umuyobozi Mukuru wa RNIT Iterambere Fund, Gatera Jonathan Sebagabo, yavuze ko imyaka ya mbere yari igoye kubera ko Abanyarwanda benshi batarasobanukirwaga n’iyi gahunda, ariko uko igihe cyagiye gihita umubare w’abizigama ugenda wiyongera.

Yavuze ko mu 2019 ari bwo habaye izamuka rigaragara, aho abizigama bagera ku 5,000 bakusanya miliyari 3 Frw, nubwo icyorezo cya COVID-19 cyaje kudindiza uwo muvuduko mbere y’uko wongera kuzamuka.

Kugeza ubu, umutungo ucungwa n’iki kigega ugeze kuri miliyari 86 Frw, mu gihe amafaranga yose amaze kwizigamwamo ageze kuri miliyari 149.95 Frw, kuko bamwe mu bayashoye bagenda bayabikuza.

Gatera yagaragaje ko nubwo hari intambwe imaze guterwa, umuco wo kwizigamira ugikwiye kongererwa imbaraga.

Ati: “Uyu munsi dufite abantu bagera ku 90.000 harimo abantu ku giti cyabo, abibumbiye mu bimina, ugasanga bafitemo konti imwe. Gusa mu by’ukuri abantu bizigamira basaga ibihumbi 360 muri rusange.”

Yanagaragaje ko urwego rw’ubwizigame mu gihugu rugikiri hasi ugereranyije n’ibikenewe.

Ati: “Iyo urebye umusaruro mbumbe w’igihugu, ukagereranya n’ubwizigame buri mu gihugu usanga ubwizigame butaragera kuri 15% by’umusarurombumbe w’igihugu kandi twakabaye turi kuri 30%.”

Ubuyobozi bwa RNIT busobanura ko abazigama muri iki kigega bashobora kubitsa no kubikuza igihe babishakiye, kandi bakungukira ku nyungu z’ishoramari, aho kugeza ubu inyungu itangwa igeze kuri 11.12%.

RNIT Iterambere Fund yatangijwe na Guverinoma y’u Rwanda mu 2014, itangira gukora mu buryo bwuzuye mu 2016, hagamijwe korohereza Abanyarwanda kwizigamira no gushora imari, ku buryo n’ufite 2,000 Frw ashobora gutangira kwizigama no kungukira ku nyungu z’ishoramari.

Mukwizihiza imyaka 10 ikigega RNIT Iterambere Fund imaze abayobozi bacyo bavuga ko inyungu zacyo zazamutse bagafasha n’umuturage kugira umuco wo kwizigama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities