Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa

Raoul Nshungu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame uri i Paris mu Bufaransa mu ruzinduko rw’akazi, yabonanye na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Ibiganiro bagiranye byibanze ku bibazo byerekeye Isi ndetse n’imikoranire itanga umusaruro hagati y’u Rwanda n’iki gihugu.

Ibiro bya Perezida wa Repubulika byatangaje ko Abakuru b’ibihugu bombi baganiriye ku bibazo byugarije isi, ubufatanye n’umubano hagati y’ibihugu byombi.

Aba bombi baherukaga guhura mu kwezi k’Ukwakira 2024, ubwo Perezida Kagame, yitabiraga Inama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Igifaransa (Francophonie).

Mbere y’uko bahura mu kwezi Nyakanga 2024, Macron yashimye Kagame uruhare agira mu guteza imbere ibikorwa remezo n’ishoramari muri siporo, imikino, anasaba umuryango mpuzamahanga gushyiraho akawo mu gutera inkunga ibikorwaremezo muri Afurika.

Ibi Perezida Macron yabivugiye mu nama ku ruhare rwa siporo mu iterambere rirambye “Sports for Sustainable Development Summit’ yabereye i Paris muri Nyakanga 2024, mbere y’ifungurwa ry’Imikino ya Olempike.

Kugeza ubu u Bufaransa ni kimwe mu bihugu bibanye neza n’u Rwanda ndetse bwerekana imbaraga nyinshi kimwe  n’u Rwanda, mu gukemura ibibazo byugarije Repubulika ya Demokarasi ya Congo muri ibi bihe.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umunsi Mpuzamahanga w’Amashyamba, watangijwe bwa mbere n’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ibiribwa n’ubuhinzi, Food and Agriculture Organization, mu mpera z’imyaka ya 1970, nyuma uza kwemezwa ku...

Akarere

Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni na Perezida wa Kenya William Samoei Ruto batangije ku mugaragaro umushinga wo...

Abagore

Bamwe mu bakobwa bakiri bato babyariye mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko ubuzima barimo muri iki gihe cy’imvura nyinshi bukomeje kuba...

Ubuhinzi

Abahinzi bakorera mu gishanga cya Munyazi giherereye hagati y’Imirenge ya Mbazi na Huye mu Karere ka Huye, bagaragaza ko bahangayikishijwe n’amazi y’umugezi ukinyuramo, bavuga...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities