Ubuyobozi bw’Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2026 bwatangaje ko imikino ya nyuma y’iri rushanwa mu mwaka wa 2026 izabera i Kigali.
Ubusanzwe iyi mikino iratangira muri Werurwe, ikazaba ibaye ku nshuro ya gatandatu.
Tariki ya 30 Mutarama 2026, ni bwo ubuyobozi bwa BAL bwasohoye ingengabihe y’iri rushanwa, rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Basketball ya Afurika.
Bitandukanye n’imyaka ishize, kuri iyi nshuro amakipe 12 azakina iri rushanwa, agabanyije mu matsinda abiri buri rimwe ririmo amakipe atandatu, aho kuba amatsinda atatu nkuko byari bisanzwe.
Byatumye itsinda rya Sahara Conference rikurwamo.
Amatsinda azakina kuri iyi nshuro ubu ni Kalahari Conference izakinwa mbere y’zindi ni ukuvuga kuva Tariki 27, Werurwe, kugeza kuya 0 5, Mata, 2026, ikazakinirwa mu Mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo.
Itsinda Nile Conference rizatangira gukinwa tariki ya 24 Mata rigeze tariki ya 3 Gicurasi 2026, rikinirwe muri Maroc mu nyubako y’imikino ya Prince Moulay Abdellah Sports Complex mu Murwa mukuru, Rabat.
Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali akine imikino ya kamarampaka ndetse n’iya nyuma. Hazaba ari hagati y’itariki 22 na 31, Gicurasi 2026.
Mu mwaka ushize iri rushanwa ryegukanywe na Al Tripoli yo muri Libya itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 88-67.
APR BBC yo mu Rwanda yabaye iya mbere yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba yarangirije ku mwanya wa gatatu.
Iri rushanwa ryatangiye mu mwaka wa 2021.













































































































































































